AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga mu by'Ubukungu ibera muri Arabie Saoudite – Soma inkuru...
  • Ntewe impungenge n'abakomeje kwibona mu ndorerwamo z’amoko-Pasiteri Rutayisire – Soma inkuru...

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru

Yanditswe Oct, 15 2023 17:04 PM | 41,787 Views



Perezida wa Sena Dr. Kalinda Francois-Xavier arakangurira abakiri bato kwitabira siporo no kwipimisha indwara zitandura kuko biri mu byabafasha mu kugira ubuzima bwiza.

Ubu butumwa yabutanze kuri iki Cyumweru, ubwo abagize Inteko Ishinga Amategeko bifatanyaga n’abaturage b’Umujyi wa Kigali muri Siporo Rusange yanitabiriwe n’abanyamahanga bari mu Rwanda mu bikorwa by’inama mpuzamahanga yiga ku buryo bwo kunoza ibikorwaremezo bifasha abagenda n'amaguru.

Ni siporo rusange imenyerewe nka Car Free Day, kuko nta binyabiziga bikoresha moteri biba bica mu mihanda y’aho abaturage bakorera iyi siporo.

Kuri iki Cyumweru yitabiriwe cyane n’abadepite n’ abasenateri n’abandi bakozi mu Nteko Ishinga Amategeko ndetse n’abatuye Umujyi wa Kigali, biganjemo urubyiruko.

Mu butumwa bwe, Perezida wa Sena Dr. Kalinda François Xavier yasabye buri wese by’umwihariko abakiri bato gushishikarira gukora siporo no kwipimisha bihoraho indwara zitandura kuko ari ingirakamaro.

Siporo Rusange yo kuri iki Cyumweru kandi yanitabiriwe n’abaje mu Rwanda mu nama mpuzamahanga yiga ku buryo bwo kunoza ibikorwaremezo bifasha abagenda n'amaguru (Walk21 International Conference) igiye kumara icyumweru ibera I Kigali.

Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga wita ku kamaro ko kugenda n’ amaguru WALK21 ukaba n'umwe mu bateguye iyi nama, Bronwen Thornton avuga ko Umujyi wa Kigali ari urugero rwiza ku mijyi iteza imbere ibikorwaremezo byorohereza abagenda n’ amaguru.

Ibuka ukuntu twishimira cyane umwana uri kumenya kugenda ateye intambwe ya mbere, kandi ntibihagaragara nta nubwo ari byiza nk'abakuze kugabanya kugenda n’amaguru, kuko ni byiza ku mutima wacu, binagira akamaro ku buryo tubana n’ abandi, kandi binagira uruhare mu kurengera ibidukikije kuko ntibyanduza ikirere, rero kugenda n’ amaguru navuga ko ari ishingiro ry'abo turibo kandi binadufasha uko tubaho no kubungabunga iyi mijyi dutuye.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa avuga ko icyo biteze kungukira muri iyi nama itangira kuri uyu wa mbere, harimo no kungurana ibitekerezo ku kunoza uburyo Umujyi wa Kigali wagirwa uwa bose barimo n’abagenda n’amaguru.

Iyi nama ni ubwa mbere ibereye ku mugabane wa Afurika. Biteganyijwe ko izitabirwa n’abagera kuri 500 baturutse mu bihugu 40 hirya no hino ku isi, ikazasozwa kuwa Kane tariki ya 19 uku kwezi.

Bimwe mu byashingiweho hemezwa ko ibera mu Rwanda harimo n’imbaraga zashyizwe mu kubaka ibikorwaremezo bifasha abagenda n’ amaguru.

Perezida wa Sena Dr. Francois Xavier Kalinda na Perezida w'Umutwe w'Abadepite Mukabalisa Donatille bitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya indwara zitandura bwahujwe na Siporo rusange ya CarFreeDay Photo: CoK



Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Rayon Sports yanganyije na Al-Hilal Benghazi mu mukino utarimo abafana