AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Amatora2017: Mpayimana yijeje abaturage ko nibamutora azongera ingengo y’imari

Yanditswe Jul, 26 2017 18:40 PM | 2,626 Views



Umukandida ku mwanya w’umukuru w igihugu Mpayimana Philippe mu turere twa Gatsibo na Kayonza aho yiyamamarije kuri uyu wa gatatu yijeje abaturage ko nibamutora azongera ingengo y’imari izakoreshwa mu gukwirakwiza amazi mu baturage .

Umukandida Mpayimana Philippe aho yatangiriye kuri uyu munsi mu murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo yiyamamaje ahagaze  ku igare ryari rihetse injerekani  ennye  z’amazi, asobanura ko yashakaga kwerekana uburyo igare ari igikoresho cy ingirakamaro mu batuye intara y iburasirazuba , aho ribafasha mu gushaka amazi. Mpayimana yasobanuriye abaturage ko nibamutora, azongera amazi mu baturage ubundi  igare ngo rikoreshwe mu bucuruzi.

Umukandida Mpayimana yaniyamamarije mu murenge wa Kiziguro, uwa Gahini ndetse n’uwa Mukarange. Mu bibazo abaturage bamubajije bagarutse no  ku mugambi we  wo kubaka inzu z’amagorofa

Kuri uyu wa kane , umukandida Mpayimana biteganyijwe ko yiyamamariza mu turere twa Kirehe na Ngoma .




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage