AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ihuriro rya cumi rya Unity Club Intwararumuri ryibanze ku kubanisha abanyarwanda

Yanditswe Oct, 26 2017 21:54 PM | 3,561 Views



Madame wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yatangaje ko abanyamuryango ba Unity Club intwararumuri bafite inshingano yo kubanisha neza abanyarwanda no kurwanya icyasubiza igihugu mu icuraburindi.

Visi perezida wa mbere wa Unity Club Intwararumuri, Dr. Monique Nsanzabaganwa avuga ko mu bindi bikorwa by'Umuryango Unity Club wakoze mu myaka 7 ishize birimo nko gufasha abatishoboye ndetse no kuzamura ubushobozi bw'umunyarwandakazi.


Madame Jeannette Kagame yagarutse ku cyerekezo cy'Umuryango Unity Club Intwararumuri harimo kubaka ubumwe butajegajega bw'abanyarwanda no guharanira ko u Rwanda rurushaho gutera imbere. Yagize ati, ''Mu byo twubatse harimo ibikorwa n'ibitekerezo byo mu rwego rwa politike yo kurushaho kubanisha neza abanyarwanda tugaragaza kandi umuzi w'ikibi cyazahaje igihugu cyacu tukanafata ingamba z'uko bitazongera ukundi. kuba rero wa musemburo w'ubumwe n'ubwiyunge biduha ingufu zo gukomeza kubaka ubunyarwanda. bavandimwe rero iyo hakiri n'umwe mu bacu utarinjira muri icyo gitekerezo tuba dusabwa kubyitaho nta guca hirya.''

Iri huriro ry’iminsi ibiri ryateguwe n’umuryango Unity Club ku bufatanye na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), rifite insanganyamatsiko igira iti “Ubudasa bw’u Rwanda mu cyerekezo twahisemo.”Umuryango Unity Club Intwararumuri uritegura isabukuru y'imyaka 21 umaze ushinzwe kuko watangiye mu 1996 ugamije gutanga umusanzu mu kwimakaza ubumwe n'amahoro mu Banyarwanda, kugeza uyu munsi uyu muryango uhuriwemo n'abari muri Guverinoma, abayihozemo n'abo bashakanye barenga 200.

Inkuru mu mashusho:



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage