AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Jeff Bezos, uyobora Amazon.com, niwe muherwe wa mbere ku isi kugeza ubu

Yanditswe Jan, 02 2018 15:24 PM | 4,602 Views



Umunyamerika Jeff Bezos w’imyaka 53 washinzwe sosiyete y’ubucuruzi izwi nka Amazon niwe wasoje umwaka 2017 afite akayabo k’amafranga meshi ku isi yose, agakurikirwa na Bill Gates wari usanzwe ari ku mwanya wa mbere ku rutonde rutagaragaraho umunyafurika kugeza ku myanya 100 ya mbere.

Ikinyamakuru Bloomberg kivuga muri rusange umutungo w’aba baherwe wazamutse  ku kigero kiri hejuru mu mwaka wa 2017 kuko wageze kuri 65%, bivuze ko umutungo wabo wagiye wiyongeraho ku kigereranyo cya miliyoni 150$ ku mwaka.

Umunyamerika Jeff Bezos ukora ubucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga ku rubuga Amazon.com niwe wahize abandi mu mwaka wa 2017 mu kugira umutungo mwinshi aho we wenyine yibitseho miliyari 99.6 z’amadolari ya amerika. 

Jeff Bezos

Uyu akurikirwa na Bill Gates nawe w’umunyamerika ufite akayabo ka miliyari 91.3 z’amadolari, uyu akaba ariwe nyir’uruganda rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga-Microsoft; umwanya wa gatatu ufitwe na Warren Buffet nawe w’umunyamerika utunze ibifite agaciro ka miliyari 85 z’amadolari; uyu we akora mu ishoramari ritandukanye. Igitangaje ni uko mu baherwe 50 ba mbere ku isi harimo abanyamerika 23, ni ukuvuga 46% by’urutonde rwose, ikindi ni uko ikoranabuhanga ariryo rihatse izindi bucuuruzi muri iki gihe, bisobanuye ko ariho ubutunzi bwibereye.

Bill Gates

Warren Buffett

Abandi bagaragarara mu bafite agafaranga kihagazeho, hari umushinwa Jack Ma nawe washoye mu ikoranabuhanga uri ku mwanya wa 17; mu gihe umunyafrika uza hafi kuri urutonde ari Aliko Dangote uri ku mwanya wa 106.

Ku rundi ruhande ariko nubwo abantu ku giti cyabo bakomeje kugira ubutunzi burenze urugero: ntibaryama, ntibaruhuka, ntibahagarara gukora kugirango babwongere. Gusa ubu bukire ntaho buhuriye n’imibereho y’abandi bantu bose basigaye ku isi kuko miliyari 7.6 z’abatuye isi kuko kimwe cya kabiri cy’ubukungu bwose isi ifite bwihariwe n’abakire bagize 1% by’abatuye isi yose; ibi bivuze ko abandi baturage bose bangana na 99% bagomba gusaranganya ikindi kimwe cya 2 cy’ubutunzi isi isigaranye nkuko bigaragazwa n’ikigo cy’imari cy’i Zürich mu Busuwisi- Credit Suisse.

Nanone kandi abantu bagejeje igihe cyo gukora barenga 70%, uteranyije ibyo binjiza bingana na 2.7% by’ubukungu bwose bw’isi, ibintu bituma isi ikomeza kugira ubusumbane burenze urugero mu mutungo, ukiharirwa n’abantu bake cyane.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage