AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Kutubahiriza amasezerano byatumye Interineti ikurwa mu mudoka zitwara abagenzi

Yanditswe Jan, 05 2017 17:44 PM | 1,600 Views



Ikigo cyari cyahawe isoko ryo gutanga internet muri za bus zitwara abagenzi mu mujyi wa Kigali, kiratangaza ko habayeho kutubahiriza amasezerano hagati yacyo n'ikindi byagombaga gufatanya muri iki gikorwa.

Hagati aho ariko abagenzi bemeza ko iyi internet yabafashaga, dore ko ubwo havugururwaga ibiciro by'ingendo hari hashyizwemo ikiguzi cy'iyi internet kuri ubu idakora.

Hashize igihe hashyizwe internet muri zimwe mu modoka zitwara Abagenzi mu mujyi wa Kigali.

Iyi internet yatangwaga n'ikigo cyitwa KTRN ariko binyujijwe ku kindi cyitwa TNSP. Gusa ngo habayemo kutubahiriza amasezerano hagati y'ibi bigo byombi cyane cyane ibijyanye no kwishyurwa nk'uko bisobanurwa na Sebera Antoine ushinzwe imikoranire mu kigo kigurisha internet KTRN, ari na cyo cyayigurishaga ibigo bitwara abagenzi mu mujyi wa Kigali.

Ku rundi ruhande, umujyanama wa Minisitiri w'urubyiruko n'ikoranabuhanga Emmanuel Habumurenyi, avuga ko habayeho imikorere itanoze hagati y'inzego zose zari zishinzwe gutanga intenet mu modoka zitwara abagenzi

Iyi gahunda yo gushyira internet mu modoka zikora itwara rusange ry'abagenzi mu mujyi wa kigali yari yatangiriye ku modoka zirenga 480. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage