AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

PM Dr.Ngirente yarahije abashinjacyaha baherutse kwemezwa n'inama y'abaministiri

Yanditswe Nov, 01 2018 00:05 AM | 25,029 Views



Minisitiri w’intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye indahiro z’abashinjacyaha bo ku rwego rw’ibanze. Abo bashinjacyaha baherutse kwemezwa n’inama y’abaminisitiri ni Madamu Mukarusagara Janviere na Madamu Uwitonze Clarisse.

Amaze kurahira, Madame Uwitonze Clarisse yagize ati, "Twebwe icyo twumva twashyiramo ingufu cyane, biri n'amahire kuba itegeko rihana ibyaha mu Rwanda byarahindutse aho byagaragaraga ibyaha bigiye biremereye, bityo rero tukumva tuzafatanya n'abandi kugira ngo nkuko itegeko ryagiyeho kugira ngo ibyaha babikaze kubihana natwe tuzafatanya n'abandi kugira ngo tubashe gukurikirana ibyo byaha bitera ibibazo muri sosiyete.''

Minisitiri w’intebe Dr. Edouard Ngirente yasabye abashinjacyaha barahiye  kuzuza neza inshingano zabo batanga ubutabera mu kurwanya ibyaha birimo ibyo gusahura umutungo wa leta ,ruswa,gucuruza abantu ,gufata abana ku ngufu nibindi. Ati, ''mbonereho umwanya wo gusaba urwego rw'ubushinjacyaha kurushaho guha imbaraga bimwe mu byaha bigenda bigaragara bimunga umutungo wa leta,cyangwa inzego nkuru z'igihugu cyacu,zimwe murizo rero hakaba hari nkibyaha bijyanye no kunyereza umutungo wa leta,uwa mabanki ,ibigo byimari namakoperative.Hari ibyaha bijyanye nabacuruzi nabakoresha ibiyobyabwenge bityo tukaba twifuza ko urwego rw'ubushinjacyaha bwakopmeza kudufasha kubirwanya ku buryo bwihariye,ndetse nibiyobyabwenge byangiza ubuzima bw'abantu mufasha kugira ngo akabikora bashobore kubireka ndetse nababicuruza.''



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage