AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame yasabye indangamirwa kubyaza umusaruro amahirwe bafite

Yanditswe Jul, 13 2017 22:03 PM | 3,587 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragarije urubyiruko amahirwe rufite arimo gutegurwa neza no kuba rufite iby’ingenzi byarufasha guhangana n’ibibazo. Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho ubwo yasozaga itorero ry’Indangamirwa icyiciro cya 10 rimaze ukwezi ritorezwa mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare i Gabiro.

Urubyiruko rugera kuri 523 barimo abahungu 375 n’abakobwa 148 nibo bamaze ukwezi bigishwa amasomo arimo amateka y’u Rwanda, gukora Akarasisi, uburyo ingabo zitwara ku rugamba, gukoresha intwaro, kugenda ninjoro no gutegura intambara bifashishije ikarira n’ibindi.

Ubwo iri torero batangiye ku itariki 12 z’ukwezi kwa 6 uyu mwaka ryasozwaga, berekanye bimwe mu byo bigishijwe birimo umukino berekanye uko bategura urugamba ku ikarita ndetse bararurwana rurangira batsinze umwanzi.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yibukije izi ntore ko zifite ibyibanze byazifasha guhangana n’ibibazo bahura nabyo bitandukanye nuko byari bimeze ku babohoye igihugu bakanahagarika jenoside yakorerwaga abatutsi badafite ubushobozi bityo abasaba kubyaza umusaruro ayo mahirwe bafite.

Iri torero indangamirwa icyiciro cya 10 ryari rihurije urubyiruko rwize hanze, urukigayo n’abateganya kwigayo bari barahurijwe muri batayo 2 iya mbere igizwe n’abari hagati y’imyaka 24 na 35 iya kabiri yari igizwe n’abari hagati y’imyaka 18 kugeza kuri 23.

Risojwe abagera kuri 65 basabye kwinijira mu gisirikare mu bijyanye na engeneering n’ubuganga naho abagera kuri 72 basabye kujya mu nkeragutabara.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage