AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame yatangije inama nyafurika ya 42 y'ibigo by'ubwishingizi

Yanditswe Feb, 12 2018 18:04 PM | 6,753 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko servisi z'ubwishingizi zigira uruhare runini mu guteza imbere ishoramari no kuzamura icyizere cy'abarikora. Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa mbere ubwo yatangizaga ku mugaragaro inama rusange ya 42 y'ihuriro ry’ibigo by'ubwishingizi muri Afrika iteraniye I Kigali.

Ni inama yitabiriwe n'abarenga 800 baturutse mu bihugu bigera kuri 32 byo muri Afurika, barebera hamwe uburyo Afurika yahangana n'imbogamizi zibangamira urwego rw’ubwishingizi.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame watangije iyi nama izamara iminsi 4 yashimangiye uruhare rwa serivisi zijyanye n'ubwishingizi mu kuzamura ubukungu bw'ibihugu nubw'ababituye muri rusange. Yagize ati, ''Serivisi z'ubwishingizi zituma abashoramari na ba rwiyemezamirimo batinyuka. Muri Leta zunze ubumwe za Amerika, kimwe cya gatatu cy'inguzanyo zikomoka muri sosiyete z'ubwishingizi. Ubwishingizi kandi bufasha mu kubaka icyizere ku bakora ubucuruzi bukorerwa ku ntera ndende. Nta bwishingizi, ubucuruzi bwambukiranya imipaka burahagarara. Uko ibigo by'ubwishingizi bikomeza gufasha ababigana, bibika amafaranga yifashishwa mu ishoramari ry'imbere mu gihugu bityo bikongera umubare w'imishinga ishobora gukorwa mu bukungu bw'igihugu.''

Perezida w'ihuriro ry'ibigo bw'ubwishingizi muri Afrika, Adama Ndiaye avuga ko ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rikenewe mu kuzamura serivise abagana urwego rw'ubwishingizi bakeneye. Ati, ''Ikoranabuhanga ryakomeje gutera imbere ku muvuduko wo hejuru muri iyi myaka ya vuba. Kugirango umugabane wa afurika ubashe kugendera kuri uwo muvuduko ni ukongera imbaraga kurusha abantu babitekerezaga. Turasiganwa n'igihe kandi tugomba kugira icyo dukora byihuse kugirango turengere afurika tuyikura muri karande yo guhezwa. tugomba gushyiraho isoko rusange ry'umugabane, tugashyiraho ibikorw aremezo byacu, tukazamura ubukungu bwacu dukoresheje iryo koranabuhanga.''

Tiako Esther waturutse muri Cameroon yagaragaje ko icy’ingenzi ari no gushyira imbaraga mu guhindura imyumvire ya bamwe mu bijyanye no gufata ubwishingizi. Yagize ati, ''Ikibazo mu byukuri ni umuco. abatanga serivisi z'ubwishingizi bakwiye gukwirakwiza, kumenyesha no gukundisha abantu ubwishingizi. ni gahunda ndende kuko turavuga kwinjira mu ikoranabuhanga ariko mbere yo kwinjizamo ikoranabuhanga ni ngombwa kubanza kwinjiza mu bantu umuco wo gufata ubwishingizi.


Ni ku nshuro ya 3 u Rwanda rwakiriye iyi nama ngarukamwaka y'ibigo by'ubwishingizi muri Afurika kuko rwayakiriye muri 2004 no muri 2012.

Mu 1976 ni bwo ihuriro ry’ibigo by’ubwishingizi mu bihugu bya Afrika, FANAF ryashinzwe muri Cote d’Ivoire, ubu rikaba rimaze kugira ibigo 206 by’ibinyamuryango byo mu bihugu 29.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage