Yanditswe Jun, 26 2017 15:20 PM | 2,060 Views
Perezida wa
Repubulika Paul Kagame aratangaza ko abashyize ibikorwa mu bishanga ku buryo
budakurikije amategeko, byimurwa kugirango habungabungwe urusobe
rw’ibinyabuzima.
Muri uwo
muganda usoza uku kwezi kwa 6, Perezida wa repubulika Paul Kagame yifatanyije
n’abaturage bo mu karere ka Gasabo na Kicukiro gutera ibiti mu gishanga cya
Nyandungu gifite ubuso bwa hegitari 134, giherereye mu mirenge ya Ndera na
Nyarugunga.
Nyuma y'uyu muganda, umukuru w’igihugu Paul Kagame yagarutse ku kamaro k'ibishanga nko kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima, gutanga imvura n'ibindi, asaba abafite ibikorwa mu bishanga byashyizwemo binyuranyije n’amategeko kubyimurira. Yagize ati, ''Mu minsi micye iri imbere bigomba gukosorwa ubwo ndaburira abazi ko bari aho hantu aho ariho hose waba ufitemo ishuri, waba ufitemo inzu wubatsemo ubamo, waba ufitemo famu y'inka. biraza gushakirwa ubundi buryo ibyo bijye aho bikwiriye kuba bijya bive aho bidakwiriye kuba biri.''
Abaturage bakoranye umuganda na Perezida Kagame bavuze ko bashimishijwe no gufatanya n'abayobozi bakuru mu bikorwa byo kwiteza imbere ndetse ko ari ikimenyetso ko bafatanyije n'ubuyobozi bwabo mu iterambere ry'igihugu.
Umukuru
w’igihugu Paul Kagame yasobanuye ko umuganda ari ikimenyetso cy'ubufatanye,
asaba abaturage kurushaho gukorera hamwe kuko aribyo bizatuma igihugu kirushaho
kugera kuri byinshi byiza.
Igishanga cya
Nyandugu cyatangiye guhindurwa ahantu nyaburanga 'eco-tourism park' aho abantu bashobora
kuruhukira, kwidagadurira ndetse hakazashyirwa n'amwe mu mateka y'u Rwanda.
Umushinga wo gutunganya igishanga cya Nyandungu kiri kuri hegitari 134 ujyanye na gahunda za Leta zo kubungabunga ibidukikije, kongera urusobe rw'ibinyabuzima, kugabanya imyuzure no kubungabunga ibishanga, biteganyijwe ko imirimo yo kugitunganya izatwara amafaranga y'u Rwanda miliyari 2 na miliyoni zirenga 400.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru