AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Perezida wa Sena Bernard Makuza yakiriye itsinda ry'abagize inteko ya Senegal

Yanditswe Nov, 01 2018 21:02 PM | 28,957 Views



Perezida wa sena Bernard Makuza yakiriye mu biro bye itsinda ry'abadepite bo muri Sénégal bahagarariye iki gihugu mu nteko ishinga amategeko nyafurika. Ibiganiro byabo byagarutse ku mubano w'ibihugu byombi, ndetse n'uw'inteko zishinga amategeko.

Aba badepite bavuga ko imiterere ya sena y'u Rwanda ifasha abasenateri gusohoza neza inshingano zabo, kandi ko n'ubwo muri Sénégal nta sena ihari, bashobora kuyigiraho byinshi. Bavuga ko u Rwanda na Sénégal buhuriye kuri byinshi, mu birebana no kugena ingengo y'imari hibandwa cyane ku guteza imbere abatishoboye no kutihanganira ruswa.

Bavuga kandi ko ushingiye ku bimaze kugerwaho, u Rwanda ari urugero ku bindi bihugu by'afurika, ko nyuma y'ibihe bikomeye igihugu gishobora kwiyubaka no kwigira.

Aba badepite bo muri Sénégal kandi banemeza ko bashingiye ku mubano w’ibihugu byombi, hari amahirwe menshi yo gushyigikira umukandi w'u Rwanda ku mwanya w'umunyamabanga mukuru w'ihuriro ry'inteko zishinga amategeko nyafurika, mu matora ateganyijwe mu cyumweru gitaha, akorwa n'abaperezida b'inteko zishinga amategeko za Afurika.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage