Yanditswe Nov, 28 2018 22:46 PM | 33,797 Views
Perezida w’inteko
ishinga amategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille,
yitabiriye ihuriro mpuzamahanga rihuje abagore bari mu nzego z’ubuyobozi, mu
gihugu cya Iceland.
Mu ijambo yagejeje ku baryitabiriye, yababwiye ko ubusumbane hagati y’ibitsina byombi atari ikibazo gusa mu rwego rwa politiki cyangwa se rw’imibereho myiza, ko ahubwo ngo binagira ingaruka zikomeye mu rwego rw’ubukungu.
Yavuze ko mu gihe abagore, bagize ½ kirenga cy’abatuye isi, badahawe amahirwe yabo yose, kandi mu nzego zose, iyi si yahura n’ibibazo bikomeye.
Yongeyeho ko ubukene, kutiga n’umushahara muto mu kazi, umuco n’ibindi bikomeje kubuza abagore gukoresha uburenganzira bwabo burimo kugera ku mahirwe yo mu rwego rw’ubukungu n’ibindi.
Hon.Mukabalisa yavuze ko iri huriro ry’abagore
bari mu buyobozi bwa politiki ari amahirwe akomeye yo kongera gutekereza kuho
uburinganire bugeze, ubu, ku mugabane w’Afrika no gufata ingamba zo kuzamura
ishoramari mu bijyanye n’uburinganire no
kwigira kw’abagore.
Yavuze ko Afrika itakaza byinshi kubera ubusumbane bw’ibitsina byombi. Aha yagaragaje ko guhangana n’ikibazo cy’ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore bisaba ubukangurambaga bukomeye mu baturage, hagamijwe guhindura imyumvire ya bamwe.
Yavuze ko abantu badashobora kwizera iterambere mu bihugu byabo cg se ku migabane yabo mu gihe hari igice kimwe cy’abaturage kigizwe n’abagore gisigaye ku ruhande. Ngo ibi kandi ntibishobora gutuma Afrika nayo igera ku ntego yihaye muri 2063 cyangwa se intego z’iterambere rirambye muri 2030.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru