AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

U Rwanda rwiteguye guteza imbere umubano na Israel- Min Mushikiwabo

Yanditswe Apr, 04 2017 15:48 PM | 2,151 Views



Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwererane Louise Mushikiwabo aratangaza ko Leta y'u Rwanda yiteguye gukomeza guteza imbere umubano hagati y'u Rwanda na Israel, uzaba ushingiye ku bufatanye mu bukungu bushingiye ku buhinzi n'ingufu. Ibyo Minisitiri Mushikiwabo yabitangarije mu kiganiro n'abanyamakuru kigamije gusesengura uko uwo mubano uhagaze kuri ubu.

Ibikorwa biranga umubano w'u Rwanda na Israel bishingiye ku butwererane mu buhinzi bwifashisha ikoranabuhanga mu kuhira imyaka, mu ngufu zitanga amashanyarazi n'ibindi. Ministre w'ububanyi n'amahanga w'u Rwanda Louise Mushikiwabo mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru, yavuze ko hari ibikorwa by'ubufatanye byatangiye

“Hari ibikorwa byinshi by'ubutwererane n'ubufatanye hagati y'ibihugu byacu byombi cyane cyane mu mu buhinzi, muzi ko Israheli ari igihugu cyakataje mu buhinzi n'ubwo ari haba ubutayu, ariko kubera iterambere ry'ikoranabuhanga n'imikoreshereze yo kuhira.Ndetse dufite n'abakozi baturutse muri Israheli bakurikirana ibijyanye n'ubuhinzi bw'intangarugero. Hari ubufatanye mu bijyanye n'ingufu z'umuriro n'ibindi byinshi.” Min Mushikiwabo

Minisitiri Mushikiwabo yanagarutse ku mubano ushingiye ku mateka ya jenoside yakorewe abatutsi ajya gusa, ibihugu byombi byahuye na yo, ariko bikaba byaratumye abaturage babyo badaheranwa n'ayo mateka ahubwo bagaharanira gushaka ibisubizo 

Uyu mubano wa Israheli n'u Rwanda uranashingira ku ruzinduko Ministre w'Intebe wa Israheli Benjamin Nethanyahu yagiriye mu Rwanda  umwaka ushize n'ingendo zo mu rwego rw'akazi umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul Kagame yagiye agirira muri Israheli mu myaka ishize.

Bitewe n'amateka yabyo u rwanda na Israheli ngo bikaba ari ibihugu byarahurirana ubumenyi mu gukomeza guhangana n'ingaruka za jenoside kwamagana abapfobya n'abahakana ko jenoside yakorewe abayahudi(Horocost) na jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda zitabayeho.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage