AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa UAE

Yanditswe Jun, 09 2015 18:49 PM | 1,878 Views



Kuri uyu wa kabiri i Kigali, perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Leta zunze ubumwe z’Abarabu Sheikh Abdulla Bin Zayed Al Nahyan n’itsinda ayoboye. Ni uruzinduko rugamije gutsura umubano ushingiye ku bufatanye ndetse n’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi. Mbere y’uko aza mu Rwanda, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane wa wa Leta zunze ubumwe z’Abarabu, n’iri tsinda babanje gusura bimwe mu bihugu bike bya Afurika harimo nka Kenya, Uganda na Somalia. Biteganijwe ko aba bayobozi nibasoza uruzinduko rwabo mu Rwanda bazahita berekeza mu gihugu cya Mozambique. Mu ntangiriro z’uyu mwaka mu kwezi kwa kabiri, minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, madamu Louise Mushikiwabo yakiriye umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’abarabu Reem Ibrahim Al Hashimi, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri yarimo mu Rwanda,icyo gihe hari ku nshuro ya mbere asuye u Rwanda, nyuma y’amezi make cyane yari ashize perezida Kagame yitabiriye ihuriro rya kabiri nyafurika rihuza abashoramari n’abacuruzi, Africa Global Business Forum, mu nama yaberiye i Dubai, mu kwezi kwa 10 umwaka w’2014


Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage