AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

ABADIPLOMATE MURI GAHUNDA YO GUSURA IBYIZA BITATSE U RWANDA

Yanditswe May, 17 2019 13:06 PM | 13,267 Views



Abahagarariye ibihugu byabo n'imiryango mpuzamahanga mu Rwanda batangiye gahunda y'iminsi itatu yo gusura ibyiza bitatse u Rwanda mu ntara y'iburengerazuba n'amajyaruguru, guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2019.

Ni gahunda itangirira muri pariki y'igihugu ya Nyungwe.

Muri iyi Pariki baribonera uburyo ubukerarugendo bukorwa, ibyiza nyaburanga muri iyi pariki ndetse n'uburyo muri pariki ya Nyungwe hari umutekano usesuye. Biteganyijwe kandi ko muri iyi gahunda aba badiplomate bazibonera iterambere ry'abaturage, uburyo u Rwanda rworoheje  ubuhahirane n'amahanga n'ibindi.


Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yateguye iyi gahunda ivuga ko ari uburyo bwo gufasha abahagarariye ibihugu byabo n'imiryango mpuzamahanga kumenya inzego bakubakamo ubufatanye n'intara zitandukanye zigize u Rwanda.

Kimwe mu byishimiwe n'abadiplomate ni uburyo ibinyabuzima bibungabungwa muri pariki y'igihugu ya Nyungwe cyane ko iri shyamba rifite uruhare runini mu buzima bw'u Rwanda kuko 70% by'amazi aboneka mu Rwanda afite isoko muri iri shyamba. Harimo amoko y'ibiti asaga 1000 n'amoko 85 y'inyoni nka bimwe mu byongera ubwiza bwa pariki ya Nyungwe, ndetse n'ikiraro cya 'Canopy Walk' cyo mu kirere gifite metero 160 z'uburebure.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage