AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

AMAJYEPFO: Bahangayikishijwe n'indwara y'ubuganga yibasiye inka

Yanditswe Apr, 06 2022 10:54 AM | 10,006 Views



Ikigo cy’igihugu gishnzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, cyasabye aborozi batuye mu mirenge ikomeje kwibasirwa n'indwara y'ubuganga mu Ntara y’Amajyepfo kwihanganira ingamba zikakaye zirimo gufunga amasoko y’amatungo amwe n’amwe, mu rwego rwo kwirinda ko yakwira igihugu cyose.

Ni mu gihe  bamwe mu borozi b’inka bo mu turere two muri iyi Ntara bavuga ko bakomeje kugwa mu gihombo kubera indwara y’ubuganga, ikomeje kwibasira inka zabo aho zimwe ziramburura izindi zigapfa.

Harerimana Joseph atuye mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara, hashize iminsi mike uyu muturage apfushije inka amarabira kuko ubwo yayivuzaga nta ndwara bigeze bamenya, n’ubwo mu gihe cyo kurwara kwayo  hari bimwe mu bimenyetso yagaragazaga.

Iki kibazo gikomeje gufata indi ntera ku buryo abaturage benshi babyukiye mu gikorwa cyo gukingiza inka zabo hirya no hino. 

Havugimana Jean Bosco kimwe na bagenzi be baravuga ko iyi ndwara imaze gufata indi ntero, ku buryo kugeza ubu batangiye guhagarika imitima dore ko inka itishwe n’iyi ndwara iramburura ku buryo iteza igihombi abaturage.

Save nk’umwe mu mirenge y’Akarere ka Gisagara yugarijwe n’iyi ndwara, umukozi wawo ushinze ubworozi, Niyibizi Jean De Dieu aravuga ko ibizamini bafashwe na RAB haba ku nka zikomeje kuramburura n’izindi zipfa, byagaragaje ko iyi ndwara ari ubuganga bw’amatungo.

Umukozi w’ikigo cy’igihugu gishnzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, ushinzwe kurwanya indwara, Dr Nteziyaremye Vedaste muri station ya Rubona arasaba aborozi batuye mu mirenge ikomeje kwibasirwa n’iyi ndwara kwihanganira ingamba zikakaye zirimo gufatwa harimo no gufunga amasoko y’amatungo amwe n’amwe mu rwego rwo kwirinda ko yakwira igihugu cyose.

Rift Valley Fever ni indwara ifata amatungo ikaba ari virusi iterwa n’umubu cyangwa amasazi arya amatungo, iyo ifashe amatungo irangwa n’ibimenyetso birimo umuriro, kutarya, guhitisha amaraso mu bice bigize umubiri nko mu kanwa cyane cyane mu kanwa.

Iyi ndwara kandi ishobora no gufata abantu ikanabahitana kuko nta muti nta rukingo.

Callixte KABERUKA.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage