Yanditswe Jan, 20 2023 19:02 PM | 4,860 Views
Abagabo
batandatu bari mu maboko y'inzego z'ubutabera, bakekwaho kugira uruhare mu
iyicwa ry'umusore w'imyaka 21 ukomoka mu karere ka Karongi, wakoraga akazi ko
mu rugo mu Murenge wa Rusororo w’Akarerere
ka Gasabo.
Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu w’iki cyumweru mu mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Nyagahinga muri uyu Murenge wa Rusororo, aho abantu batahise bamenyekana buriye igipangu cy’uwitwa Birinda Rashid batemagura umuzamu we witwaga Niyonsenga Gedeon.
Ni mu gice cy’Umurenge wa Rusororo kitarageramo ingo nyinshi ariko gihoramo urujya n’uruza rw’abantu kubera imirimo ihakorerwa yiganjemo iy’ubwubatsi.
Abahatuye n’abahakorera bavuga ko hasigaye hagaragara umubare munini w’inzererezi, bagakeka ko arizo zigera n’ijoro zigahindukamo abajura bamaze iminsi babiba ibintu bitandukanye.
Barasaba ko hakazwa umutekano, abahatuye n’abahagenda bagatuza.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusororo, Nsabimana Matabishi Desire avuga ko bafashe ingamba zo guhangana n’iki kibazo.
Abatuye mu kagari ka Nyagahinga bavuga ko abajura bamaze iminsi babibasira bakunze kubiba ibikoresho by’ikoranabuhanga birimo telefone na televiziyo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rusororo buvuga ko bariya batandatu bakekwaho kwica Niyonsenga Gedeon, bafatiwe mu Murenge wa Ndera ariko iperereza rigamije gushakisha abandi bafatanyacyaha rirakomeje.
Kuri uyu wa Gatanu nibwo umurambo wa nyakwigendera Niyonsenga Gedeon wavanywe mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK, ujya gushyingurwa aho akomoka mu karere ka Karongi Intara y’Iburengerazuba.
Jean Paul MANIRAHO
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru