AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Abahinzi ba Kawa barishimira ko igiciro kigeze kuri 600 ku kiro

Yanditswe Apr, 19 2022 13:59 PM | 67,721 Views



Abahinzi ba Kawa mu karere ka Huye, baravuga ko kuba igiciro kirimo kugenda kizamuka kikaba kigeze kuri 600 ku kilo cy’ibitumbwe, bigiye gutuma bakomeza guteza imbere ubu buhinzi ndetse n’iterambere ryabo rirusheho kwiyongera.

Mu bipimo bya Kawa abahinzi barimo gusarura, mu gihe mbere wasangaga abahinzi ba kawa icyo basaba cya mbere ari ukongera igiciro,ubu noneho baravuga ko igiciro barimo guhabwa gishimishije.

Uyu mwaka igiciro fatizo cyashyizweho na NAEB ni amafaranga 410, ubu hari aho umuhinzi anahabwa amafaranga 600.

Ni amafaranga bagaragaza ko bafitiye imigambi myinshi yo kwiteza imbere.

Aba bahinzi bavuga ko mbere igiciro cya kawa cyari hasi cyane, ku buryo amafaranga bavanaga muri kawa yashiriraga mu mirimo yo kuyitaho.

Ku ruganda rutunganya kawa, rumwe mu nganda za koperative y’abahuzamugambi ba kawa ba Maraba ruherereye i Sovu mu Murenge wa Huye mu karere ka Huye, ku bitanda hari kawa yamaze gutunganywa yanitse ku bitanda.

Haganje Remy ukuriye uru ruganda rwa Sovu, avuga ko kuba igiciro cyariyongereye, bituma n’umuhinzi agira umwete wo kwita kuri kawa inganda nazo zikabona umusaruro.

Uretse abahinzi bagaragaza uburyo kawa igenda ibateza imbere, hari n’ababona akazi mu mirimo yo gutunganya kawa ahanini biganjemo urubyiruko, ku buryo nabo bagaragaza ko bibafasha kubona amafaranga yo kwiteza imbere.


KALISA Evariste




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage