AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abahinzi basanga hakenewe imbuto zihanganira imihindagurikire y’ikirere

Yanditswe Nov, 28 2022 10:46 AM | 246,732 Views



Abahinzi n'abongerera agaciro umusaruro bavuga ko ku kuba hakenewe imbuto zihanganira ihindagurika ry'ikirere ryanateye kugabanuka kw'umusaruro muri iki gihe.

Abahinga ibigori mu gishanga cya Bishenyi muri Kamonyi bagaragaza ko izuba ryavuye igihe kirekire ryabateye impungenge y’umusaruro kuko ubusanzwe muri uku kwezi kwa 11 babaga bazi niba bazeza cyangwa bazarumbya. Gusa kubera kuhira imyaka kugeza imvura ibonetse cya cyizere cyari cyayoyotse cyongeye kugaruka.

Intego za gahunda yo guhuza ubutaka hateganywa ko kuri ubu umuhinzi yakabaye yeza toni 5 z'ibigori kuri hegitari, soya hakera toni 2.9 kuri hegitari, ibirayi toni 18.9 kuri hegitari, ingano toni 3.6 kuri hegitari, imyumbati toni 19.7 kuri hegitari, umuceri toni 4.8 kuri hegitari mu gihe ibishyimbo hateganijwe gusarura toni 2.8 kuri hegitari.

Abafite inganda zongerera agaciro umusaruro ukomoka ku buhinzi bagaragaza ko muri iki gihe umusaruro w'ibyo batunganya wagabanutse bituma bamwe bajya kuwushakira mu bindi bihugu.

Uwihanganye Samuel, umuyobozi wa Rainbow ati “Dufite ubushobozi bwo gutunganya toni 2 ariko ubu dukora ibiro 800 ku munsi. Habayeho gukoresha izo mbuto bizatuma umuhinzi akenera imiti mike kuko ni imbuto zihanganira uburwayi.”

Na ho Jean Pierre Musafiri, Umuyobozi Mukuru wa Sosoma Industries ati “Habayeho gushaka umusaruro mu bihugu duturanye kugira ngo wunganire usanzwe hano. Umusaruro iyo ubaye muke n'ibiciro birazamuka. Uhereye nko mu kwa 6 kugeza ubu ibiciro byazamutseho 20% ugereranije n'uko dusanzwe tugurisha.”

Mu mwaka wa 2050 abaturage b'isi bazaba ari miliyari hafi 10 mu gihe kuri ubu ari miliyari 8. Ibihugu 26 bya Afurika abaturage babyo bazaba bikubye kabiri nk'uko Umuryango w'Abibumbye ubivuga. Ubu bwiyongere buzajyana no gukenera ibyo kurya. Nyamara ubutaka bwo ntibwiyongera kandi n'imihindagurikire y'ikirere ntiyoroheye umusaruro w’ubuhinzi.

Hari abasanga hatekerezwa no ku ikoreshwa ry'imbuto zihinduriwe imiterere y'uturemangingo karemano ndetse n'ikoranabuhanga mu buhinzi kugira ngo ibiribwa bihagije biboneke.

Ines Bayilo, urubyiruko rukora ubuhinzi mu Karere ka Nyaruguru ati “Nk'ubu ibigori, soya n'ibindi dukoresha mu kubona ifu y'igikoma byarabuze. Ariko habonetse ikoranabuhanga byatuma tubona umusaruro tukihaza tukabona n'ibyo tugurisha hanze.”

Maniragaba Theogene wo mu Karere ka Nyamasheke ati “Twabonye ko nk'umwumbati wahabwa uturemangingo tuwurinda kurwara umusaruro ukaba mwinshi n'ibigori ni uko. Byagabanya ababagara byanadufasha no kubona ibikoreshwa mu nganda ku giciro gito.”

Umushakashatsi mu kigo gishinzwe rubuhinzi n'ubworozi, Dr Athanase Nduwumuremyi asobanura ko gukoresha bene izi mbuto bisaba ko habaho guhindura imyumvire ku baturage.

Ati “Ntabwo abantu bose bahita babyumva neza. Benshi iyo bumvise ibihingwa byahinduriwe uturemangingo barakangarana. Ni yo mpamvu tunaganira n'urubyiruko kugira ngo rubyumve neza runabigeze kuri abo bahinzi n'abandi bafite ubwoba bakagira ubumenyi bwimbitse.”

Ibihugu nkaLeta zunze ubumwe za Amerika, Brasil na Argentine byihariye hejuru ya 60% ry'ikoreshwa ry'izi mbuto zihinduriwe uturemangingo. Igihugu cya Kenya na cyo giherutse gushyiraho itegeko ryemera ikoreshwa ryazo.

Binyuze mu kigo gishinzwe kurengera ibidukikije, hari gutegurwa umushinga w'itegeko ryemerera ikoreshwa ry'izi mbuto zizwiho kugira umusaruro utubutse, guhangana n'imihindagurikire y'ikirere no kudakoresha imiti myinshi mu buhinzi bwazo.


Jean Claude MUTUYEYEZU



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage