Yanditswe Dec, 05 2022 16:37 PM | 163,004 Views
Kuri uyu munsi
mpuzamahanga wahariwe ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, abakora muri uru rwego
basabye gukorerwa ubuvugizi kuko ngo kutizerwa n'amabanki ari inzitizi ikomeye
ku iterambere ry'uru rwego
Abacukuzi
b'abanyarwanda bavuga ko ishoramari ryabo riri hasi bitewe n'uko banki z'imbere
mu gihugu zitarabizera ngo zibahe inguzanyo ihagije.
Kalima Jean Malik yagize ati "Amabanki niba ari ukubera ubumenyi buke ntibatwizera kandi nibo dukorana kuko ibyo ushora binyura muri bank, twifuzaga gufashwa muri ubwo buryo hakajyaho n’ibigega. Ikindi ntiwajya muri banki ngo iguhe umwenda udatanze garanti."
Immaculee Nyiranzirorera, umuyobozi mukuruwa RWIMA yagize ati "Nko mu buhinzi abagore bagira amabanki aborohereza bakabona amafaranga yo kubafasha mu byo bakora, natwe rero mu bucukuzi dukeneye izo ngufu ndetse n’abagabo ni uko kandi ntibyashoboka bidaciye muri banki."
Umuyobozi wungirije w'ikigo gishinzwe mine, petrole na gazi, Dr Ivan Twagirashema ashimangirako ko ibi bizakemura ikibazo abacukuzi bahura nacyo kirebana no kubona inguzanyo mu mabanki.
"Niyo mpamvu hagomba kubaho ubushakashatsi bugakorwa n’abantu bazwi bemewe
na BNR, ku buryo nibemeza ko mine baguhaye yavamo nka miliyoni 5 z’amadolari
ushobora kujya muri banki bakaguha miliyoni 3, ni icyo cyaburaga."
Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente watangije icyumweru cyahariwe ubucukuzi yashimye uruhare uru rwego rugira mu bukungu bw'igihugu, anizeza ubufatanye bwa guverinoma mu gukomeza gushakisha icyatuma ubucukuzi burushaho gutera imbere. Gusa yasabye abacukuzi gukora umurimo wabo ku buryo bwubahiriza amategeko no kurengera ibidukikije ku nyungu z'abaturage."
Yagize ati "Ducukure twita ku bidukikije, ntabwo dukeneye ko ucukura wamara gutaha
inzu yawe itwarwe n’isuri wateje cg itware inzu y’umuvandimwe n’umuturanyi.
Gucukura bigomba kwita ku bidukikije n’imibereho myiza y’abaturage. Iyo
ibidukikije byangiritse isuri iradutwara, imvura ntigwa, gucukura nabi
ukarimburi ibiti ntubisimbuze bikazana amapfa inzara ikica abaturage: gucukura
biremewe ariko ugacukura neza mugakira n’igihugu kigakira."
Bimwe mu bikorwa bizaranga iki cyumweru cyatangiye kuri iyi tariki ya 5 kugeza ku ya 8 uku kwezi, ni ibiganiro byibanda ku ntambwe yatewe no gutegura ahazaza h'uru rwego hakazasurwa n'amasosiyete amaze kugera ku rwego rufatika mu bucukuzi no gutunganya umusaruro w'amabuye y'agaciro kugira ngo ugezwe ku isoko mpuzamahanga ufite ibiciro byiza.
Jean Claude Mutuyeyezu
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru