Yanditswe Jun, 30 2021 17:28 PM | 48,701 Views
Abanyeshuri n’ababyeyi barereraga mu ishuri rya AIPER Nyandungu mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko bahangayikishijwe no kuba iryo shuri ryabatunguye
rikavuga ko rigiye gufunga burundu nyamara hari umwenda bashaka ko ribanza
kubishyura.
Ni mu rwunge rw'amashuri rwa AIPER Nyandungu [Associatoion Islamique Pour La Promotion de l'education] ahazwi nko kwa Hadji.
Kuri uyu wa gatatu abanyeshuri bigabije ibiro by'ubuyobozi bw'iryo shuri bishyuza amafaranga bavuga ko ari hagati yibihumbi 20 na 40, bavuga ko bishyuye mu bihe bitandukanye ngo bazabashe gukora ibijyanye n'amasomo asaba ko bayashyira mu ngiro.
Bavuga kandi ko hari n’amafaranga y'ingendo shuri hirya no hino mu gihugu bagombaga gukora.
Bavuga ko ikigo cyatangaje ko ku tariki 30 Nyakanga uyu mwaka, kizafunga imirimo yacyo burundu.
Ni mu gihe kandi guhera kuri uyu wa 4 amashuri yose aba afunze mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda covid19. Abanyeshuri bavuga ko kuri uyu wa gatatu ari wo munsi bari basigaranye wo kwishyuza amafaranga yabo.
Umwe mu babyeyi barerera muri iri shuri, Alphonse Kubwimana, nawe yemeza ko nk'ababyeyi batunguwe no kumva ko iryo shuri rigiye gufunga bakibaza aho bazerekeza abana babo.
Umuyobozi w'iri shuri rya AIPER Nyandungu, Dushimiyimana Jean Damascene we avuga ko nta mafaranga ikigo kigomba guha abanyeshuri kuko ayo batanze yose akubiye muri minerval kandi ko hari ibindi bigo bashakiye abo banyeshuri bizabakira.
Uhagarariye iryo shuri mu rwego rw'amategeko, Rwagasana Saidi uzwi ku izina rya Hadji avuga ko impamvu yo kurifunga zishingiye ku kibazo cy’amikoro make ndetse n'imyenda ribereyemo amabanki n'abakozi. Nawe ashimangira ko nta mafzranga bafitiye abanyeshuri.
Urwunge rw'amashuri rwa AIPER Nyandungu ryari rifite abanyeshuri bagera kuri 600.
Bienvenue Redemptus
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru