Yanditswe Jun, 15 2021 12:38 PM | 46,137 Views
Abaturage
batishoboye barokotse Jenoside ya korewe Abatutsi batujwe mu Mudugudu
w’icyitegererezo wa Rutarabana mu kagari ka Buhanda mu Murenge wa Bweramana ho mu
karere ka Ruhango, barishimira ko ikibazo bari bafite cyo kuba baratujwe mu nzu
zitarimo ibikoresho cyarakemutse, ibi ngo babikesha ubuvugizi bakorewe n'Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru, RBA.
Ni nyuma y’umwaka barategereje ibyo bikoresho amaso agahera mu kirere.
Mu kwezi kwa gatutu uyu mwaka nibwo aba baturage bagaragaje icyo kibazo maze umunyamakuru wa RBA arabasura, asanga koko baratujwe mu nzu zitarimo ibikoresho by’ibanze nk’uko byari mu masezerano bagiranye n’ubuyobozi, ko bagombaga gutuzwa mu nzu zubatse neza kandi zirimo ibyangombwa byose.
Icyo gihe aba baturage baryamaga hasi kuri sima bagasasa imisambi, cyangwa za supanet ndetse no kubona aho bicara byari ingorabahizi kuko bamwe biyicariraga ku mikeka cyangwa kuri iyo misambi.
Nyuma y’aho RBA ikoze ubuvugizi kuri aba baturage binyuze muri radiyo na Tereviziyo Rwanda, haciyemo amezi abiri bahita babona ibyo bikoresho.
Umutoni Apolline umwe mu batuye muri uyu mudugudu wa Rutarabana kimwe na bagenzi be, bishimira ko babonye ibyo bikoresho byo mu nzu birimo ibitanda n’ibiryamirwa, intebe zo muri Salon, ibikoresho byifashishwa mu gutegura amafunguro ndetse n’ibyisuku.
Bavuga ko bibafasha kurushaho gukora ibikorwa bibateza imbere, gusa bagashima RBA yabafashije gukora ubuvugizi ngo kuko bari baratakaje icyizere cyo kubibona.
Umuyobozi w’akarere ka Ruhango, Habarurema Valens avuga ko uretse no kubaha ibikoresho byo mu nzu, ngo hari na gahunda yo kubegereza ibindi bikorwa remezo bibafasha gukomeza kumererwa neza bityo n’iterambere ryabo n’aho batuye muri rusange rirusheho kwihuta.
Uyu mudugudu wa Rutarabana watujwemo imiryango 12, iba mu nzu zubatswe mu buryo bw’enye muri imwe bizwi nka four in one.
Jean Pierre Ndagijimana.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru