Yanditswe Jul, 28 2022 20:01 PM | 49,651 Views
Abagize Inteko ishinga Amategeko Umutwe wa Sena, basabwe kurushaho kwegera abaturage hagamijwe kumenya uruhare bagira muri gahunda n'ibindi bikorwa bagenerwa, ndetse no kurushaho gutanga umusanzu mu ishyirwa mu bikorwa rya Gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere (NST1). Ibi babisabwe na Perezida wa Sena Dr Iyamuremye Augustin, ubwo yatangizaga umwiherero w’iminsi itatu w’Abasenateri urimo kubera mu Karere ka Nyagatare, ugamije kurebera hamwe uburyo bwo kunoza inshingano zabo.
Uyu ni umwiherero wa mbere ubaye nyuma y’impinduka zabaye mu buyobozi bwa za Komisiyo muri Sena y’u Rwanda, ariko kandi na nyuma y’igihe kitari gito icyorezo cya COVID19 kibasiye Isi. Perezida wa Sena y’u Rwanda Dr Iyamuremye Augustin, avuga ko iki cyorezo cyagize ingaruka kuri bimwe mu bikorwa bya Sena ari na yo mpamvu uyu mwiherero ukwiye kuvomwamo imbaraga zifasha mu kuziba icyuho.
Abitabiriye uyu mwiherero kandi barimo kurebera hamwe ibimaze kugerwaho mu gushyira mu bikorwa Gahunda ya Guverinoma y'imyaka irindwi (NST1) ndetse n'uruhare rwa Sena mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda.
Kimwe mu bikubiye muri iyi gahunda izarangirana n’umwaka wa 2024, harimo guhanga imirimo mishya ibyara inyungu ikagera nibura kuri miliyoni imwe n’ibihumbi Magana atanu (1 500 000), ivuye ku mirimo isaga ibihumbi 150. Minisiteri y’Imari n’igenamigambi MINECOFIN igaragaza ko kugeza ubu guhanga iyi mirimo bigeze ku gipimo cya 88%.
Ku rundi ruhande ariko hari gahunda zikigaragaramo icyuho nko kongera ingano y’ibyoherezwa mu mahanga buri mwaka aho kugeza ubu biri ku gipimo cya 9.5%, kandi intego ari uko mu mwaka w’ibihumbi 2024 bizaba bigeze kuri 17%. Senateri Juvenal Nkusi, Perezida wa Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari muri Sena y’u Rwanda, asanga uruhare rwa Sena rukenewe cyane mu kwesa iyi mihigo kandi ngo hari icyizere.
Perezida wa Sena y’u Rwanda Dr Iyamuremye Augustin we avuga ko uyu mwiherero ukwiye kuba umwanya mwiza wo gusubiza amaso inyuma harebwa ibyagezweho, ariko kandi hakibandwa ku kureba ibiri imbere no kwihutisha ibikorwa bya Sena.
Byitezwe ko abitabiriye uyu mwiherero bazawungukiramo imbaraga zishingiye ku bumenyi n’icyerekezo gihamye ku bijyanye no gushyira mu bikorwa inshingano yihariye ya Sena yo kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amahame remezo. Mu bindi byitezwe muri uyu mwiherero kandi harimo kunguka ubumenyi ku biteganywa n’amategeko ku mikorere ya Sena, kumenya no kugenzura ibikorwa n’imikorere bya Guverinoma, ndetse no gufata ingamba zo kunoza uburyo bwo guhererekanya amakuru neza kandi vuba.
Biteganyijwe ko uyu mwiherero uzasozwa ku wa Gatandatu taliki 30 Nyakanga uyu mwaka wa 2022.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru