AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Abaturage bafite ubutaka barishimira impinduka ziri mu itegeko rishya rigenga ubutaka

Yanditswe Jun, 14 2021 16:10 PM | 48,720 Views



Bamwe mu baturage bafite ubutaka, barishimira impinduka ziri mu itegeko rishya rigenga ubutaka riherutse gutorwa n’abadepite, kuko ngo hari byinshi rizakemura harimo cyane cyane n’amakimbirane ashingiye ku butaka.

Ikigo gishinzwe ubutaka nacyo cyemeza ko rizagabanya imanza za hato na hato zishingiye ku butaka no gusiragira mu nkiko.

Bamwe mu baturage b’ingeri zitandukanye bafite ubutaka ariko badafitiye ibyangombwa byabwo bitewe n’impamvu zirandukanye zirimo inkomoko yabwo nk’irage, kugura, impano n’ahandi ariko kubera buto bwabwo itegeko rikaba ritabemereraga kubona ibyangombwa byabwo bavugako bishimiye itorwa ry’iryo tegeko.

Zimwe mu mpinduka z’ingenzi zakozwe ku itegeko rigenga ubutaka risanzweho ryo mu 2013, harimo ko ku birebana n’ubukode burambye,  imyaka y’ubukode burambye iziyongera ariko ntigomba kurenga 99 ugereranyije n’imyaka 20 yatangwaga ku butaka bwagenewe guturamo, cyangwa 30 ku butaka bwagenewe ibikorwa by’inganda.

Ku Munyarwanda, igihe cy’ubukode kizajya gihita cyongerwa batagombye kubisaba.

Sosiyete civile n’umuryango utanga ubufasha mu by’amategeko Legal Aid Forum nka bamwe mu batanze ibitekerezo ku Nteko ishinga Amategeko ku mpinduka bifuzaga ko zabamo, bashima ko abadepite bumvishe ibyifuzo byabo mu gukemura imbogamizi zari zikigaragara mu micungire y’ubutaka.

Igabanya ry’ubutaka bw’ubuhinzi, ubw’ubworozi n’amashyamba ryari ribujijwe mu itegeko ryo mu 2013, iyo iryo gabanya rituma ubutaka busigaye bugira ubuso buri munsi ya hegitari imwe (1ha). Muri iri tegeko, iri gabanya noneho riremewe mu rwego rwo kugabanya ihererekanya ry’ubutaka ryakorwaga mu buryo butemewe n’amategeko n’imanza zibikomokaho ariko hubahirizwa igishushanyombonera.

Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe imicungire y’ubutaka mu Rwanda, Mukamana Esperance yagize ati''Byari bibujijwe mu itegeko ariko ubu nta kibibuza kiri mu itegeko bizajya bikorwa ariko bitabujije ko umuturage agomba kubahiriza igishushanyo mbonera  cy'ubutaka, kuko niba wemerewe kugabanya ubutaka bw'ubuhinzi ntabwo bivuze ngo ugiye gucamo ibibanza byo guturamo  kandi hataragenewe gutura, izo nzitizi zikaba zivuyeho kuko abaturage bakunze kubigaragaza.”

“Ikindi navuga gikomeye ni ku byerekeye no gukemura amakimbirane y'imbibi z'ubutaka, aho wasangaga mu nkiko hari imanza nyinshi cyane abaturage basiragira mu nkiko, ubu muri iri tegeko inshingano ziri mu kigo gishinzwe imicungire n'imikoreshereze y'ubutaka niho bazajya bakemura ibyo bibazo''

Ikindi kibazo abaturage bahoraga bagaragaza iri tegeko ryakemuye ni icyerekeranye n'amakimbirane akomoka ku itambamira abenshi bazi ku izina rya Caviyeti, ishyirwa ku butaka bw'umuntu ufitanye ikibazo n'undi.

Mukamana avuga ko iri tegeko zizagikemura.

''N'ubundi ntabwo tuvuze ko amatambamira atazajya ashyirwamo kuko hari andi mategeko agenda abiteganya ariko muri iri tegeko ikingenzi kizagabanya bino bibazo, ni uko umubitsi mpamo w'impapuro z'ubutaka z'aho ubutaka buherereye azajya yumva impande zombi yasanga iryo tambamira nta shingiro rifite, agahita arivana muri system bidasabye ko ibyo bibazo bijya mu nkiko.''

Iri tegeko NO 27/2021 ryo kuwa 10/6/2021 rigenga imikoreshereze  y'ubutaka ryamaze gutorwa n’abadepite no  kugera no mu igazeti ya leta, kuri ubu ryanatangiye gukoreshwa hateganyijwe amateka ya Ministiri w’Intebe agena uburyo inzego za Leta harimo n’inzego z’ibanze zikoresha ubutaka bwayo n’uko ibyerekeye  ihererekanya ry’uburenganzira bwo kubukoresha hagati yazo bikorwa.

Bienvenue Redemptus



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage