AGEZWEHO

  • Lt Col Simon Kabera yagizwe Umuvugizi wungirije w'Ingabo z'u Rwanda – Soma inkuru...
  • Nyiramunukanabi yabaye imari i Bugesera – Soma inkuru...

Abaturage muri Ruhango basubijwe igishanga nyuma y'imyaka 12

Yanditswe Mar, 20 2023 20:34 PM | 66,730 Views



Abaturage baturiye igishanga cy'Agatare mu Mirenge ya Ruhango na Bweramana mu karere ka Ruhango, bongeye guhabwa iki gishanga nyuma y'uko hari hashize imyaka 12 gihawe rwiyemezamirimo ariko akananirwa kukibyaza umusaruro.

Rwiyemezamirimo wahawe igice cy'iki gishanga cyahise cyamburwa abaturage yari yagihawe na Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi ngo ahororere Amafi. 

Gusa umushinga we ntiwarambye ndetse abaturage ntibanasubizwa iki gishanga bisubiza inyuma ubuhinzi bwabo.

Mu ntangiriro z'uku kwezi nibwo ubuyobozi bw'Akarere bwafashe umwanzuro wo gusubiza iki gishanga mu maboko y'abahinzi.

Aba baturage bavuga ko biteguye kugaruza imyaka 12 bataye batabyaza umusaruro iki gishanga.

Kuri ubu aha mu Gatare abamaze guhabwa aho guhinga barimo kurima amasinde ndetse abandi bashya bakomeje kuhahabwa. 

Umuyobozi w'Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens asaba aba baturage kubyaza umusaruro iki gishanga uko bikwiriye.

Igice cy'iki gishanga cyari cyarambuwe abaturage ni ikingana na Hectares 8 ziri ku ruhande rw'Umurenge wa Ruhango mu Kagari ka Bunyogombe.

Tuyisenge Adolphe



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD