AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abaturiye imipaka ihuza u Rwanda na Uganda yagaragayemo Ebola baravuga ko bahagaritse ingendo zerekezayo

Yanditswe Sep, 26 2022 19:20 PM | 145,019 Views



Abaturiye imipaka ihuza u Rwanda n’igihugu cya Uganda cyagaragayemo icyorezo cya Ebola, baravuga ko bahagaritse ingendo zitari ngombwa muri icyo gihugu mu rwego rwo kucyirinda.

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko n’ubwo icyi cyorezo kitaragera mu Rwanda , ntawe ukwiye guhishira amakuru y’uwari we wese wava mu gihugu cya Uganda afite ibimenyetso bya Ebola.

Ku mupaka wa Gatuna /Katuna abava mu gihugu cya Uganda cyagaragawemo icyorezo cya Ebola basabwa kwipimisha umuriro no gutanga imyirondoro n’uduce baturutsemo.

Ugaragaweho bimwe mu bimenyetso nko kugira umuriro cyangwa avuye mu duce tuvugwamo iki cyorezo cya Ebola, ashyirwa mu kato ahabugenewe ku mupaka.

Nyuma imbangukira gutabara ihamukura imujyana ku ivuriro ryateganijwe mu mujyi wa Gicumbi.

Ni urugendo rw’iminota 25 uva ku mupaka, bamwe mu bava cyangwa bajya muri iki gihugu cya Uganda ndetse n’abaturiye uyu mupaka wa Gatuna bavuga ko bafashe ingamba zirimo no guhagarika ingendo zitari ngombwa.

Kugeza mu karere ka Gicumbi hari abaturage 21 byagaragaye ko bavuye mu karere ka Mubende kagaragayemo bwa mbere icyorezo cya Ebola bakaba barimo gukurikiranwa n’inzego z’ubuzima. 

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel asaba abaturage kumva ububi bw’iki cyorezo, bakarushaho kwitwararika.

Minisitiri w’ubuzima, Dr Daniel Ngamije asaba abaturage kwirinda ingendo zitari ngombwa muri Uganda kugira ngo babanze barebe ko Ebola yagabanya ubukana .

Avuga kandi ko Leta y’u Rwanda yiteguye gukumira no guhangana n’iki cyorezo cya Ebola kuko ibyangombwa byose bihari.

Kuri ubu abaturage baturuka mu gace ka Mubende n’utundi tugaragaramo icyorezo cya ebola iyo binjiye mu Rwanda bashyirwa mu kato ngo bakurikiranwe.

Bitabwaho bagahabwa amafunguro ndetse bakanapimwa nta kiguzi mu gihe cy’iminsi 21.

Jean Paul Turatsinze



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage