AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Abatuye Intara y’Amajyepfo barishimira iterambere ry’inganda zimaze kuhagera

Yanditswe Jul, 02 2021 10:50 AM | 126,817 Views



Abakora mu bijyanye n'inganda mu Ntara y'Amajyepfo, baravuga ko kuva hirya no hino mu turere hashyirwa ibyanya byahariwe inganda byafashije kuzamura uru rwego n'iterambere ry'abaturage muri rusange.

Abaturage bakora muri izi nganda bavuga ko kera byabaga bigoye kubona inganda mu cyaro, ariko kuri ubu zabegereye ndetse zibaha akazi.

Hirya no hino mu byanya byagiye biharirwa inganda mu Ntara y'Amajyepfo, inganda nshya zikomeje kuhubakwa, izisanzwe nazo zikomeje akazi kazo  ka buri munsi.

Nko mu karere ka Gisagara uretse uruganda GABI rutunganya umusaruro w'ibitoki, kuri ubu hamaze kugera urundi ruganda rutunganya Kawunga ndetse n'uruzakora Inyama ku buryo abaturage bemeza ko izi nganda bazitezeho isoko.

Kuva ku ruganda rutunganya amashanyarazi muri nyiramugengeri rwubatse mu karere ka Gisagara kugera ku nganda nto zitunganya umusaruro ukomoka ku buhizi n'ubworozi, ababonye akazi muri izi nganda bemeza ko imibereho yabo yahindutse.

Kuri ubu kandi mu karere ka Ruhango hamaze kugera uruganda rukora Amakaro, ukongeraho inganda zitunganya amata ziganje cyane mu turere twa Nyanza na Huye.

ba nyir'izi nganda bavuga ko kuva hashyirwaho ibyanya byahariwe inganda hirya no hino mu turere, byazamuye iterambere ry'uru rwego.

Imyaka 27 ishize u Rwanda rwibohoye,  abatuye mu Ntara y'Amajyepfo bavuga ko yatumye nabo bagerwaho n'izi nganda zitandukanye zatumye bongerara agaciro ibyo bakora, bavuga ko mbere babonaga inganda mu Mujyi wa Kigali gusa.

Bamwe mu bayobozi mu Ntara y'Amajyepfo nabo bishimira uruhare rwazanywe no kwiyongera kw'inganda mu turere, ahubwo basagaba abashoramari kongera izi nganda.

Guverineri w'Intara y'Amajyepfo Kayitesi Alice, avuga ko muri gahunda yo kuzamura urwego rw'inganda, iyi ntara ifite gahunda yo korohereza abashoramari kugira ngo bakomeze gushora imari muri uru rwego.

Muri rusange mu Ntara y'Amajyepfo hamaze kugera inganda zisaga 17 mu turere twose uko ari umunani, inyinshi muri izi nganda zitunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi n'ubworozi.


Tuyisenge Adolphe




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage