Yanditswe Mar, 19 2023 15:25 PM | 28,762 Views
Bamwe mu baturage hirya no hino mu gihugu bashaka ibyangombwa byo kubaka, barasaba ko hashyirwaho ibiciro bihamye kuri ba rwiyemezamirimo bari mu rugaga rw’abubatsi kuko buri wese aca amafaranga yishakiye ngo rimwe na rimwe hakazamo na ruswa.
Aba baturage bakenera ibyangombwa byo kubaka harimo abubaka amagorofa, inzu zo guturamo, insengero n’izindi nyubako. Kugira ngo babone ibyangombwa bisaba ko abahanga mu bwubatsi bari mu rugaga babakorera ibishushanyo mbonere by’izi nyubako bakaba ari byo bizashingirwaho hatangwa uruhushya rwo kubaka. Aba baturage bavuga ko bafite ikibazo cy’amafaranga bishyuzwa kuko buri wese mu bari mu rugaga yishyuza amafaranga yishakiye.
Bamwe mu bari mu rugaga rw’abubatsi mu Rwanda bemera ko buri wese aca mafaranga ashaka ariko ngo bishingirwa ku kazi baba bakoze.
Abakuriye serivise z’ubwubatsi no gutanga impushya zo kubaka mu turere bavuga ko iki kibazo cy’akajagari mu biciro by’abashaka impushya zo kubaka giterwa no kuba nta tegeko ryihariye ryashyizweho ribigena, bigatuma habaho kumvikana hagati y’umuturage na rwiyememirimo uzamushushanyiriza inyubako.
Umuyobozi ushinzwe amategeko y’imyubakire mu kigo gishinzwe iterambere ry’imyubakire Janvier Muhire avuga ko kuba iri tegeko rigena ibiciro kubari mu rugaga rw’abubatsi ritarajyaho ngo haracyarimo ikibazo ariko ngo hari ikiri gukorwa ngo bijye ku murongo.
Kuri ubu itegeko rigena gusa amafaranga ajya mu isanduku ya leta, umuturage ushaka icyangombwa cyo kubaka ikibanza gifite ubuso kuva kuri 0 kugera kuri metero kare 100 yishyura ibihumbi 20. Ikibanza gifite metero kare ziri hagati 100 na 500 umuturage yishyura ibihumbi 40 naho inyubako ijya mu kibanza kiri hejuru ya metero kare 500 hishyurwa ibihumbi 60.
Jean Paul Turatsinze
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru