AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Amafoto: Perezida wa Santarafurika yakiriye ku meza Ingabo z'u Rwanda

Yanditswe Oct, 02 2022 12:14 PM | 106,678 Views



Kuwa Gatandatu tariki ya 01 Ukwakira 2022, Perezida wa Repubulika ya Santarafurika Prof. Faustin Archange Touadéra na Madamu we bakiriye ku meza itsinda ry'abasirikare b'u Rwanda 200 bari muri iki gihugu kubw'amasezerano ibihugu byombi byagiranye. Ibi byabereye mu rugo iwe mu gace ka Damara muri Santarafurika.

Muri uyu musangiro Ingabo z'u Rwanda ziri muri iki gihugu kubw'amasezerano ibihugu byombi byagiranye, zakoze imyiyereko ijyanye n'umuco nyarwanda ndetse n'iyo guhangana n'umwanzi ku rugamba nka kimwe mu byari bigize ibi birori batumiwemo na Perezida Touadéra.

Mu ijambo rye, Perezida Touadéra yashimiye u Rwanda na Perezida Kagame ku musanzu wabo n'ubufasha bwabo mu kugarura umutekano mu gihugu cya Santarafurika.

Col Egide Ndayizeye uyoboye iri tsinda ry'ingabo z'u Rwanda ziri mu butumwa bw'umwihariko muri iki gihugu, yashimiye Perezida Touadéra ku rugwiro yabakiranye ndetse ashima umubano mwiza n'ubufatanye bw'Ingabo z'ibihugu byombi mu gucunga umutekano muri iki gihugu.


Jean Paul Niyonshuti.


Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage