AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Babangamiwe no kutamenyeshwa impinduka ku byo ubutaka bwagenewe

Yanditswe May, 07 2022 21:43 PM | 50,031 Views



Bamwe mu baturage batuye mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko bakeneye gusobanurirwa  n'inzego zibishinzwe ibikubiye mu gishushanyo mbonera cy'imikoreshereze y'ubutaka mu mujyi wa Kigali. 

Ibi ngo biraterwa nuko akenshi impinduka zibaho batazisobanurirwa kandi bibagiraho ingaruka zijyanye n’imikoreshereze y’ubutaka bwabo.

Ingabire Honorine ni umwe mu batuye mu Kagari ka Gasagara mu Murenge wa Rusororo, asobanura ingano y’umusoro amaze gutanga mu gihe cy'imyaka 2 itambutse nyamara icyangombwa cy'ubutaka bwe kimwe n'abandi batuye muri aka kagari cyarateganyirijwe ibikorwa by'ubuhinzi kandi ubusanzwe ubutaka bw'ubuhinzi budasora.

Ngo kugira ngo hamenyekane ko ubutaka bumwe na bumwe bwo muri uyu Murenge wa Rusororo bwahinduriwe icyo buzakoreshwa, bimenyekana ari uko nyirabwo agiye gukora ihererekanya ryabwo cyane cyane igihe abugurushije: uyu avuga ko byamusabye kubanza kugurisha undi murima kugira ngo abone imisoro, akibaza uko mu minsi iri imbere bizagenda kuko asabwa imisoro myinshi cyane.

Uku gutungurwa n'ibikorwa binyuranye n'ibyagenewe ubutaka mbere abaturage basanga hakwiye ko inzego zibishinzwe zasobanurira ba nyir'ubutaka hakiri kare kugira ngo be kugwa mu bihombo ibyo ari byo byose nyamara ubutaka ari wo mutungo wabo ukomeza no gufasha umuryango n'abawukomokaho.

Iki kibazo cyo guhindura imikoreshereze y'ubutaka, kutamenyesha abaturage ibirebana n'igishushanyo mbonera bikagira ingaruka zinyuranye ku baturage, kiri mu byo abagize inteko ishinga amategeko umutwe w'abadepite baherutse gufataho umwanzuro wo gutumiza ministeri zitandukanye kugira ngo zibitangeho ibisobanuro byimbitse ku nyungu rusange z'abaturage.

Inama y'abaminisitiri yateranye ku wa tariki ya 9 Mata uyu mwaka wa 2022 yemeje igishushanyo mbonera cy'imikoreshereze y'ubutaka mu turere twose tw'igihugu, bisobanuye ko ibyo ubutaka bugomba gukoreshwa ari ibiteganywa muri iki gishushanyombonera gishya, gusa abaturage bakomeza kugaragaza ko batajya bamenya amakuru agikubiyemo ibishobora gutuma kidashyirwa mu bikorwa uko bikwiye cyane ko ibyangombwa by'ubutaka bya kera bitarahindurwa ngo bishyirweho icyo byagenewe gishya.

Jean Claude MUTUYEYEZU



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage