AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Bamwe mu baturage baravuga ko bakigorwa no kubona serivisi bakeneye mu nzego z’ibanze

Yanditswe May, 09 2022 20:22 PM | 110,981 Views



Bamwe mu baturage baravuga ko bakigorwa no kubona serivisi baba bakeneye mu nzego z’ibanze, bigatuma batakaza umwanya bakabaye bakoresha mu bindi bikorwa. 

Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere rugaragaza ko ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye, ari kimwe mu byakemura ibi bibazo by’imitangire ya serivisi.

Ku biro bitangirwaho serivisi mu nzego z’ibanze nko ku mirenge, ni hamwe RBA yasanze abaturage benshi bazindutse mu gitondo bashaka serivisi zitandukanye.

Mukashyaka Joseline utuye mu karere ka Gasabo yagize ati "Ubundi imitangire ya serivisi nyibona neza bitewe n'aho nagiye, gusa akabazo gato kajya kaba hari igihe ujya gushaka serivisi ugasanga uyitanga yibereye nko kuri telefone."

Ubu ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi ni kimwe mu byo guverinoma y'u Rwanda ishyizemo imbaraga, serivisi z'irembo ziza ku isonga mu korohereza abaturage kubona izo servisi mu buryo bwihuse bitabaye ngombwa ko birirwa batonze umurongo mu nzego zibanze kugira ngo zibahe icyangombwa runaka. Aba ni bamwe mu batanga izi serivisi.

Umuyobozi mukuru w'urwego rw'igihugu rw'imiyoborere, Dr Usta Kaitesi avuga ko ari uburenganzira bw'umuturage kubona serivisi nziza.

"Kimwe mu bintu byagaragaye nk'ingeso mbi cyane ni uburyo tubwira abo twakira, biratangaje ko hari nk'Akarere kamwe usuzuma ugasanga abaturage bakubwira ko kimwe mu mbogamizi ku mitangire ya servisi ari ukubwira nabi abo uha sesivisi ku gipimo cya 51%, urumva kuvuga nabi ubwabyo si ubumenyi, ni ingeso. Ntabwo iyo umuntu yagiye gutanga serivisi atekereza ku ngaruka z'imikorere ye mibi kuko utekereje igihombo uri butere njya mbwira abantu ko umuhinzi naza akakwirirwa imbere ejo n'usonza uzamenye ko ari wowe wateje iyo nzara. Kuko umuhinzi ahinga muri sizoni numara iminsi 3 muri sizoni umubujije kujya guhinga inzara itaha niwowe uzaba wayiteye."'

Ikoreshwa ry'ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi zimwe na zimwe, ngo ririmo gutanga ibisubizo kuri iki kibazo cy'imitangire mibi ya serivisi.

"Ni ibintu bike usanga serivisi zitashobotse kubera amikoro, ngirango umuntu yashima ko bimwe mu byagiye binoga kurushaho ni serivisi z'ikoranabuhanga n'ubwo naho hakiri ibibazo ariko usanga nibura nk'ikibazo cyo gusiragizwa n'ikiguzi cya serivisi cyazagamo na transport nko muri servisi z'ubutabera kuba basigaye bakoresha ikorabuhanga, niyo haba harimo ibibazo wa mwanya abantu bafataga birirwa bagenda bajya gutanga ibyangombwa batanga impapuro wagabanyijwe n'uko bajya ku ikoranabuhanga bakabikora."

Ubushakashatsi bwa 2021 ku ishusho y’uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego zibegereye, bwerekana ko abaturage bahura n'inzitizi zirimo gusiragizwa no kutabonera ku gihe abatanga serivise ndetse no kutamenya ibisabwa mbere yo gusaba serivisi.

Gahunda ya Leta NST1 iteganya ko mu mwaka wa 2024 abaturage bazaba bishimiye imitangire ya serivisi bahabwa ku kigero cya 90%, ibyavuye mu bushakashatsi bigaragaza ko ubu abaturage bishimiye imiyoberere n’imitangire ya serivisi mu nzego zibegereye ku gipimo cya 74.1% kivuye kuri 71.3% muri CRC ya 2020. 


Kwizera John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage