Yanditswe Oct, 03 2022 13:42 PM | 63,213 Views
Abafite inganda nto barifuza ko amabwiriza y’ubuziranenge
basabwa kubahiriza yanareba n’ibicuruzwa byinjizwa mu gihugu bivuye hanze kugira
ngo ibyo bakora bishobore guhatana ku isoko mu buryo bungana.
Hari abanyenganda hirya no hino mu gihugu biyemeje gukora ibishoboka byose ngo bakurikize ibipimo by’ubuziranenge bw’ibyo bashyira ku isoko ryo mu Rwanda no hanze yarwo. Gusa ngo bafite ikibazo cy’ibyo gupfunyikamo batemerewe gukoresha nyamara ibicuruzwa byo hanze bikinjira mu Rwanda bipfunyitse muribyo bikoresho.
Mu nama iherutse guhuza abikorera na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof. Jean Chrysostome Ngabitsinze yabijeje kubishakira igisubizo.
Impuguke mu bukungu Elie Nsabimana agira inama abikorera kongera ingano y’ibikomoka ku buhinzi izi nganda zongerera agaciro kugira ngo byoherezwa ku isoko ry’imbere mu gihugu no hanze yacyo.
Umuyobozi Mukuru wungirije w’Urwego rw’igihugu rw’iterambere RDB Zephanie Niyonkuru avuga ko hari byinshi igihugu kirimo gukora mu rwego rwo guteza imbere inganda nto.
MINICOM ivuga ko kuba umusaruro mbumbe w’urwego rw’inganda ugeze ku gipimo cya 20% mu gihembwe cya 2 cy’uyu mwaka bitanga icyizere ko uru rwego ruzagera ku ntego y’uko rugira uruhare rwa 21.4% mu mwaka wa 2024.
Bosco KWIZERA
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru