AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Bifuza ko ibicuruzwa biva hanze byafatwa kimwe n’ibikorerwa mu Rwanda

Yanditswe Oct, 03 2022 13:42 PM | 63,213 Views



Abafite inganda nto barifuza ko amabwiriza y’ubuziranenge basabwa kubahiriza yanareba n’ibicuruzwa byinjizwa mu gihugu bivuye hanze kugira ngo ibyo bakora bishobore guhatana ku isoko mu buryo bungana.

Hari abanyenganda hirya no hino mu gihugu biyemeje gukora ibishoboka byose ngo bakurikize ibipimo by’ubuziranenge bw’ibyo bashyira ku isoko ryo mu Rwanda no hanze yarwo. Gusa ngo bafite ikibazo cy’ibyo gupfunyikamo batemerewe gukoresha nyamara ibicuruzwa byo hanze bikinjira mu Rwanda bipfunyitse muribyo bikoresho.

Mu nama iherutse guhuza abikorera na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof. Jean Chrysostome Ngabitsinze yabijeje kubishakira igisubizo.

Impuguke mu bukungu Elie Nsabimana agira inama abikorera kongera ingano y’ibikomoka ku buhinzi izi nganda zongerera agaciro kugira ngo byoherezwa ku isoko ry’imbere mu gihugu no hanze yacyo.

Umuyobozi Mukuru wungirije w’Urwego rw’igihugu rw’iterambere RDB Zephanie Niyonkuru avuga ko hari byinshi igihugu kirimo gukora mu rwego rwo guteza imbere inganda nto.

MINICOM  ivuga ko kuba umusaruro mbumbe w’urwego rw’inganda ugeze ku gipimo cya 20% mu gihembwe cya 2 cy’uyu mwaka bitanga icyizere ko uru rwego ruzagera ku ntego y’uko rugira uruhare rwa 21.4% mu mwaka wa 2024.


Bosco KWIZERA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage