AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Djibouti yavuze ko ifite ubushake bwo gukorana n’abikorera bo mu Rwanda

Yanditswe May, 16 2022 19:55 PM | 124,004 Views



Ubuyobozi bw’icyambu cya Djibouti bwashimangiye ko bufite ubushake bwo gukorana n’abikorera bo mu Rwanda, cyane ko iki cyambu kirimo gukora ibishoboka byose kugira ngo ibicuruzwa bibashe kwihuta. 

Bamwe mu bikorera bo mu Rwanda bagaragaza inyungu ikomeye yo kunyuza ibcuruzwa ku cyambu cya Djbouti, kuko bigabanya igihe bimara mu nzira.

Icyambu cya Djibouti ni kimwe mu bifatiye runini imigabane hafi ya yose y’isi bitewe n’uko aho gihereye mu ihembe rya Afurika hanyuzwa ibicuruzwa byerekeza cyangwa biva ku mugabane wa Afurika nyirizina, umugabane wa Aziya, u Burayi ndetse no mu Burasirazuba bwo hagati. 

Umuyobozi wa sosiyete icunga imizigo itwarwa muri za contineri (SGTD) Abdillahi Adaweh Sigad, ashimangira ko icyerekezo cy’iki cyambu harimo no gukorana byihariye n’ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Iki cyambu gifite gahunda yo koroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa izwi nka Sea Air cargo aho ibicuruzwa bizajya bigezwa ku cyambu bikoherezwa ku bibuga by’indege biciye mu nzira ya gari moshi bikoherezwa mu bihugu hakoreshejwe indege, aho nk’ibije mu Rwanda byanyuzwa i Addis Abeba muri Ethiopia. 

Bamwe mu bikorera bo mu Rwanda basanga iyi ari inyungu ikomeye, kuko ubu buryo buzajya bugabanya igihe ibicuruzwa bimara mu nzira nkuko bishimangirwa n’umuhuza w’abikorera bo mu Rwanda n’icyambu cya Djibouti Kayombya Derrick.

Iki cyambu cya Djibouti gite ibice 6 by’ingenzi bitewe ibicuruzwa ibi bigafasha kugenzura imikorere yacyo. 

Umuyobozi w’igice cyahariwe uruhurirane rw’ibicuruzwa byambukiranya imipaka biciye mu gice cya Doraleh, Djama Ibrahima Darar avuga ko bifuza ko imibanire myiza u Rwanda na Djibouti bifitanye izakomeza gushimangirwa n’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.

Igihugu cya Djibouti gituwe n’abaturage basaga gato miliyoni 1, gusa kikagira ubuso buyingayinga ubw’u Rwanda kuko ari kilometero-kare ibihumbi 23. Ubukungu bw’iki gihugu bushingiye ahanini ku bikorwa by’icyambu cya Djibouti ari nawo murwa mukuru wayo hakiyongeraho n’amafranga aturuka mu butaka iki gihugu gikodesha ingabo z’ibihugu by’amahanga zihacumbitse.

Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage