AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

FERWAFA yasabye amakipe afashwa n’uturere gushaka ubundi buryo bwo kubona amafaranga

Yanditswe Mar, 15 2024 08:10 AM | 69,664 Views



Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryasabye amakipe ashamikiye cyangwa afashwa n’uturere mu buryo bumwe cyangwa ubundi, gushaka ubundi buryo bwo kwinjiza amafaranga kuko inkunga y’umufatanyabikorwa umwe itabasha guhaza ibisabwa byose.

Ni ingingo  yagarutsweho mu kiganiro Waramutse Rwanda cyo kuri Televiziyo Rwanda, kuri uyu wa Gatanu, nyuma y’ibibazo by’amikoro n’ibindi bimaze iminsi bivugwa mu makipe yitwa ko ari ay’uturere.

Mu makipe 16 yo mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru, agera ku 10 afite aho ahurira n’uturere cyangwa afashwa n’uturere mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Ni amakipe usanga akinira ku bibuga bicungwa n’uturere.

Umunyamategeko akaba n’Umuvugizi Wungirije wa FERWAFA, Karangwa Jules,  yavuze ko inkunga itangwa n’uturere idashobora guhaza ibisabwa n’ikipe kugira ngo ibashe gukora byose nkenerwa.

Ati “Umupira w’amaguru usaba byinshi, ibyo uturere cyangwa izindi nzego zitanga, turabishima ariko dusaba amakipe guhora iteka bashingira kuri ayo maboko bafite ariko ntabwo ikipe ishobora kubeshwaho n’umuntu umwe cyangwa abantu bamwe.”

Karangwa yavuze ko umupira w’amaguru uhenda, mu kuva ku kugura abakinnyi, kubahemba buri kwezi, kugura ibikoresho byifashishwa umunsi ku munsi, ibyo kurya n’ibindi byinshi.

Ni ibintu avuga ko umufatanyabikorwa umwe, cyangwa se akarere kaba gafite n’ibindi byo kwitaho, katabona byose.

Ati “Ntabwo dukwiye kwiringira umufatanyabikorwa umwe, iyo dushingiye ku muntu umwe, umupira ugenda ukura, ibyo usabwa bigenda bizamuka, ubucuruzi buraba bwinshi ku buryo ya nkunga uhabwa n’umuntu umwe gusa, itaba ihagije.” 

Yakomeje agira ati  “Mufite umusingi wo kuba mufasha n’utwo turere, niyo mpamvu tuvuga ngo mushingire kuri izo mbaraga ariko namwe mushake ubundi buryo mwabona ingengo y’imari cyangwa andi mafaranga abafasha mu bikorwa byanyu bya buri munsi.”

Karangwa yatanze urugero rw’uko ikipe ishobora gukenera miliyoni 500Frw ku mwaka umwe w’imikino. Ni mu gihe nk’akarere ka Musanze, gatanga ingengo y’imari ya miliyoni 280Frw, ku ikipe ya Musanze FC.

Jean de Dieu AKAYEZU



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage