AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

GEN. CHAMPION YASUYE ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MURI CAR

Yanditswe Mar, 19 2019 10:46 AM | 4,083 Views



General Pascal Champion, Umuyobozi mushya wa Police ihuriweho n’Ibihugu bibungabunga amahoro mu gihugu cya Central Africa yasuye abapolice b'u Rwanda bari muri iki gihugu mu butumwa bwa LONI, aho baherereye i Bangui; kuri iki Cyumweru.

Uru rugendo rwe ruri muri gahunda afite yo kugenzura no gusura abapolisi ayoboye bose, kugira ngo amenye imikorere yabo n’ubushobozi bafite ndetse no kugezwaho imbogamizi baba bafite muri ubu butumwa bwo kubungabunga amahoro.

Gen. Pascal Champion yatangiye imirimo mishya ku wa 12 Werurwe, asimbuye Gen. Roland Zamora, warangije manda ye muri Nyakanga umwaka ushize.

Ubwo yageraga ahari abapolisi b’u Rwanda, Gen. Champion yakiriwe na Assistant Commissioner of Police Damas Gatare wamusobanuriye imikorere yabo n’imbogamizi bahura nazo kuva bahagera, mu Kuboza umwaka ushize.

Gen. Champion nawe yabashimiye ubwitange bwabo, avuga ko ari ubwa mbere agiye gukorana nabo, ariko ko yishimira ko bakomeje kugaragaza umurava mu mikorere yabo, anabizeza ubufatanye mu gukemura ibibazo bamugaragarije bijyanye n’aho baba n’ibikorwaremezo.

Kuri ubu abapolisi basaga 450 b’u Rwanda nibo bari muri iki gihugu; aho u Rwanda rwatangiye kubungabungayo amahoro kuva mu 2014.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage