AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Gabiro: Abayobozi bakuru b'igihugu bagiye guhurira mu mwiherero ku nshuro ya 14

Yanditswe Feb, 24 2017 11:41 AM | 2,323 Views



Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu nibwo abayobozi batandukanye  berekeza mu kigo cya gisirikare  cya Gabiro mu karere ka Gatsibo, ahagiye kubera Umwiherero w'abayobozi ku nshuro ya 14. Ni umwihererero uzatangira ejo kuwa gatandatu tariki ya 25, ukamara iminsi itanu.

Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika Tugireyezu Venantie avuga ko uyu mwihererero ufite umwihariko mu buryo uzakorwamo, aho uzakorwa mu matsinda, harimo itsinda ry’ubukungu, itsinda rirebana n’imibereho y’abaturage n’itsinda rirebana n’imiyoborere, ubutabera ndetse n’uburenganzira bwa muntu muri ibyo byiciro, ku buryo ibiganiro bizatangwa muri ayo matsinda, za Minisiteri zigize ayo matsinda, buri Minisiteri ku giti cyayo igatanga ikiganiro cyayo, ibyo yagezeho n’ibyo itashoboye kugeraho ukurikije gahunda y’imyaka irindwi ya Guverinoma, ukurikije icyerekezo 2020, ukurikije gahunda y’imbaturabukungu.

Mu ntangiriro z'uku kwezi kwa kabiri, minisitiri Stella Ford MUGABO, ushinzwe ibikorwa by'inama y'abaminisitiri yari yatangaje ko ku imyanzuro y’umwiherero wa 13 w’abayobozi bakuru b’igihugu wabaye kuwa 12 ukageza kuwa 14 Werurwe 2016, imaze gushyirwa mu bikorwa ku kigero cya 75%, ariko yateganyaga ko uyu mwiherero uzaba bigeze kuri 95%.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage