AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Gatsibo: Abahinzi b'umuceri barishyuza miliyoni zisaga 100 Frw z'umuceri bagemuriye uruganda

Yanditswe Mar, 25 2024 20:07 PM | 104,032 Views



Hari bamwe mu bahinzi b'umuceri mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko bahangayikishijwe n’uko bamaze amezi asaga atatu bategereje amafaranga y'umusaruro wabo bagemuriye inganda ziwutunganya, bakaba basaba inzego z’ubuyobozi kubafasha gukurikirana iki kibazo kuko hari ibikorwa byabo bikomeje kudindira. 

Ubuyobozi muri aka Karere burizeza aba bahinzi ko bitarenze icyumweru kimwe, bazaba babonye amafaranga yabo.

Mu gishanga cya Kanyonyomba gihuriweho n’Imirenge ya Kiramuruzi, Kiziguro, Remera na Murambi, abahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative CORIMAK bageze mu ibagara rya mbere.

Gusa kuri bo ngo bisa n’aho byatinze bitewe n’uko amafaranga y’umusaruro w’igihembwe gishize batinze kuyabona, ku buryo hari impungenge ko umusaruro w’iki gihembwe utazagenda neza.

Kugeza ubu hafi kimwe cya kabiri cy’abanyamuryango barenga igihumbi b’iyi Koperative CORIMAK, ntibarabona amafaranga y’umusaruro w’igihembwe cy’ihinga gishize.

Ni ikibazo bahuriyeho na bamwe mu banyamuryango ba Koperative COPRORIZ Ntende na yo ikorera mu gishanga cya Ntende, aba bahinzi barasaba ko hagira igikorwa vuba.

Uretse abahinzi bavuga ko amafaranga bishyuza amaze amezi atatu, ngo gutinda kwishyurwa kwabo byagize ingaruka no ku makoperative yabo.

Kugeza ubu aba bahinzi barishyuza Miliyoni zisaga 100 uruganda rwa Gatsibo Rice rusanzwe rwakira hejuru ya 80% by’umusaruro w’umuceri muri Gatsibo rubabereyemo. 

Umuyobozi warwo, Kanyamacumbi Frederic, asobanura ko gutinda kwishyura aba bahinzi byatewe n’ibibazo birimo no kubura isoko, ariko ngo nta cyumweru gishira batabonye amafaranga yabo.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko burimo gukurikiranira hafi iby’iki kibazo.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage