AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

I Kigali harabera inama ya 5 y’ihuriro ry’abaperezida b’inkiko z’ikirenga muri EAC

Yanditswe May, 11 2021 08:59 AM | 23,272 Views



Guhera kuri uyu wa Mbere, i Kigali hateraniye inama y’iminsi itatu y’Ihuriro ry’Abaperezida b’Inkiko z’Ikirenga na Komite y’Uburezi mu butabera mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba muri Afurika y’Iburasirazuba.

Insanganyamatsiko yayo ni Uruhare rw’Ubucamanza mu guteza imbere iyubahirizwa ry’amategeko n’ubutabera bushingiye ku bidukikije hagamijwe amajyambere arambye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Abagize ihuriro ry’Abaperezida b’Inkiko z’Ikirenga bazibanda ku izahurwa ry’ibikorwa by’iri huriro mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba bagira uruhare rugaragara mu kwishyira hamwe nyako kw’ibihugu byo mu Karere.

Iri huriro kandi rizarebera hamwe aho ibyemezo n’imyanzuro by’inama iheruka bigeze bishyirwa mu bikorwa.

Imyinshi mu myanzuro yagiye ifatwa ijyanye n’uburyo bwo kurushaho kwegereza abaturage ubutabera no guteza imbere ubuyobozi bugendera ku mategeko mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba.

Abitabiriye inama y’Ihuriro ry’Abaperezida b’Inkiko z’Ikirenga mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba bitezweho kandi kwita ku byemezo byagiye bifatwa mu gushyira mu bikorwa ibyemezo by’Intumwa Nkuru za Leta zo muri ibi bihugu, hagamijwe guteza imbere amategeko cyane cyane ku birebana na gahunda yo kwishyira hamwe kw’ibihugu. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir