AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

I Nyanza hamuritswe inyambo nyuma y’imyaka 70

Yanditswe Mar, 23 2024 17:56 PM | 87,747 Views



Abanyarwanda n’abanyamahanga bitabiriye Iserukiramuco ryo kumurika inyambo ku Rwesero mu Karere ka Nyanza bishimiye iki gikorwa bemeza ko gishimangira isano yihariye iri hagati y’abantu n’inka.

Ku Kibuga cy'Ingoro yo Kwigira iri ahitwa ku Rwesero, imitwe y’inyambo yamurikiwe abitabiriye ibirori ndetse hagenda hanagaragazwa umwihariko wazo bitewe n'ibice bitandukanye ziturukamo.

Ababyitabiriye kandi banyuzwe n'imbyino n’indirimbo zitandukanye zivuga ibyiza by’inka.

Inteko y’Umuco ivuga ko inyambo zahoze mu Rwanda 🇷🇼 ndetse ko igikorwa cyo kuzimurika cyahozeho. Mu myaka 70 yose ishize, iyi ni inshuro ya mbere iki gikorwa ndangamuco cyongeye kubaho kuko cyaherukaga mu 1954.

Kumurika inyambo mu muco nyarwanda bigaragaza isano yihariye iri hagati y’umuntu n’inka.

Umuyobozi w’Inteko y’Umuco, Amb. Robert Masozera, yavuze ko iki gikorwa kigiye kujya kiba buri mwaka.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yavuzw ko kumurika inka z'inyambo buri mwaka bizafasha mu guteza imbere ubukerarugendo mu Karere ka Nyanza.

Ingoro yo kwigira iri ku Rwesero, ahabereye iki gikorwa cyo kumurika inyambo, kimwe n’iy’Urugo rw’Umwami iri mu Rukari, ahabereye igitaramo cyabimburiye iki gikorwa zakira nibura abashyitsi ibihumbi 50 ku mwaka aho zinjiza miliyoni 100 Frw.

Kumurika inyambo byitezweho gukomeza gufasha mu kongera umubare w aba mukerarugendo basura Nyanza ndetse n’amafaranga binjiza.

Tuyisenge Adolphe



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage