Yanditswe Dec, 20 2019 09:11 AM | 2,964 Views
Ku munsi wa Mbere w'’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, igitekerezo-shusho cy'umwana w'umukobwa Keza Nyiramajyambere cyafashije abatari bake mu bitabiriye iyi nama kurushaho gusobanukirwa icyerekezo 2050 u Rwanda rurangamiye mu myaka 30 iri imbere, bashimangira umuhate wabo muri urwo rugendo.
Izina Keza Nyiramajyambere, risa n'iryabaye izingiro ry'ibiganiro by'umunsi wa mbere w'inama y'igihugu y'Umushyikirano ibaye ku nshuro ya 17, by’umwihariko ibyagarutse ku cyerekezo 2050 u Rwanda rwihaye guhera mu mwaka utaha wa 2020.
Umukuru w'ikigo cy'igihugu cy'iterambere RDB, Clare Akamanzi, ubwo yagaragazaga ishusho y'Umunyarwanda wo muri 2050, yifashishije urugero rwa rumwe mu mpinja zavutse ku munsi wa mbere w'iyi nama, uruhinja yahaye izina rya Keza Nyiramajyambere.
Yagize ati “Muri abo bana bashobora kuvuka kuri uyu munsi wa mbere w'umushyikirano, hashobora kuvuka umwana w'umukobwa witwa Keza Nyiramajyambere. Uyu mwana Keza Nyiramajyambere azaba afite imyaka 30 muri vision 2050....’’
Iki gitekerezo-shusho cy'uyu mwana w'umukobwa cyazamuye ikibatsi muri bamwe mu babyeyi barimo Mutumwinka na Kansangire bitabiriye iyi nama baturutse mu Karere ka Kirehe, ngo kuko ibi byerekana neza ishusho y'igihugu mu myaka 30 iri imbere.
Mutumwinka ati “Keza Nyiramajyambere yavutse rero tumutegerejeho ibyo azageraho muri 2050. Azabigeraho ngendeye ku kuba byaragaragaye ko muri uyu mwaka wa 2020 intego twari twihaye zagezweho, nanashingiye ko nanone hari urubyiruko rurimo rugenda rugaragaza uburyo rwagiye rwiteza imbere n'ingamba rufite kugirango ruzazamure igihugu cyacu mu minsi iri imbere.’’
“Na ho Kansangire Violette ati “Twashimishijwe na Keza Nyiramajyambere, aho azaba ageze na miliyoni azaba ahembwa n'imishinga azaba agezeho n'ibyo akora. Byadushimishije ku buryo twumva natwe nk'ababyeyi dukwiye gukangura abana b'abakobwa cyangwa n'abahungu bakazamuka bakajya mu cyerekezo cy'u Rwanda 2050.”
Yunzemo ati “KEZA azabigeraho bitewe n'umuvuduko u Rwanda dufite! Utekereje aho twavuye ejobundi dutekereza 2020 twumva ari inzozi, none ntabwo tucyumva ari inzozi kuko tumaze kubona ko ibi tubishoboye 2020 tukaba tuyigezemo, na 2050 twizeye ko bizashoboka kuko n'ibindi twumvaga ari inzozi ariko tumaze kugira ibyiringiro ko atari inzozi.’’
Ni ibintu aba babyeyi bahuriyeho na bamwe mu Banyarwanda baba mu mahanga bitabiriye iyi nama, nk’uko bisobanurwa na David Sharangabo umwe mu rubyiruko rw'Abanyarwanda biga mu gihugu cya Poland k'umugabane w'u Burayi, kimwe na Jeanne Uwamahoro waturutse muri Afurika Yepfo.
Umunsi wa mbere w'inama y'igihugu y'umushyikirano wibanze ku kiganiro cyagarutse ku kwihutisha iterambere ry’ubukungu mu cyerekezo 2050, ku munsi wa 2 w'iyi nama ibiganiro bikazibanda ku ngamba zo kubaka umuryango uhamye kandi utekanye.
Inkuru mu mashusho
Divin UWAYO
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru