AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Ikiraro gihuza Nyagatare na Gicumbi cyongeye kuba nyabagendwa

Yanditswe May, 07 2022 21:54 PM | 33,808 Views



Abakoresha ikiraro gihuza Akarere ka Nyagatare n'aka Gicumbi giherereye mu Murenge wa Kiyombe, barishimira ko cyongeye gusanwa kikaba nyabagendwa nyuma y'umwaka  urenga gisenywe n'imvura nyinshi.

Ni ikiraro cyari cyarahagaritse ubuhahirane bw'abatuye utu turere twombi, ariko ubu bakaba bishimira ko bwongeye gusubukurwa. 

Ni ikiraro cyubatse mu Kagari ka Karujumba mu Murenge wa Kiyombe, kikaba cyari cyarasenywe n'amazi y'imvura nyinshi yaturutse mu misozi ihakikije mu mpera z'ukwezi kwa Kane umwaka ushize  wa 2021.
Abaturage bo ku ruhande rw'Akarere ka Nyagatare n'aka Gicumbi basanzwe bagikoresha umunsi ku munsi mu bikorwa bitandukanye, aha baragaragaza ingorane zari zaratewe n'isenyuka ryacyo.
 
Umurenge wa Kiyombe ukungahaye ku gihingwa cy'urutoki, ukaba uzwiho no gutwikirwamo amakara menshi bitewe n'uko ari umurenge ufite amashyamba menshi. Imibare igaragaraza ko hafi kimwe cya kabiri cy'ubuso bw'uyu murenge buteyeho amashyamba.

Abatuye uyu murenge kandi bazwiho kwenga urwagwa. Ibi bikorwa hafi ya byose bisa n'aho byari byarakomwe mu nkokora n'isenyuka ry'iki kiraro bitewe n'uko ari cyo binyuzwaho bijyanywe ku masoko ari mu Mirenge ihana imbibi n'uwa Kiyombe.

Gusa abaturage barishimira ko ibi bikorwa byongeye gukorwa nta nkomyi nyuma y'isanwa ry'iki kiraro.
 
Ibikorwa byo gusana iki kiraro byatwaye miliyoni zisaga 50 z'amafaranga y'u Rwanda. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kiyombe iki kiraro cyubatsemo, avuga ko hari n'ingamb a zo kugisigasira kugira ngo kitazongera kwangirika.
 
Uretse iki kiraro cyo mu Murenge wa Kiyombe cyongeye kubakwa bushya, hari nibindi biraro byakozwe no mutundi duce twuyu muhanda uhuza akarere ka Nyagatare naka Gicumbi mu rwego rwo gufasha abaturage kugeza umusaruro wabo kumasoko.


 
 Maurice NDAYAMBAJE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage