Yanditswe Jan, 24 2023 20:39 PM | 5,323 Views
Abaturage
bo mu mu mirenge itanu y’Akarere ka Nyagatare ihana imbibi n’igihugu cya Uganda,
kuri ubu barishimira ko barimo kugezwaho
umuriro w’amashanyarazi aho bemeza ko agomba guhindura ubuzima bwabo.
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu REG ishami rya Nyagatare ivuga ko uyu ari umushinga wihariye wo gufasha abatuye muri iyo mirenge guhanga imirimo yabafasha kwiteza imbere.
Ni umushinga watangiye mu mpera z’umwaka wa 2021 ugamije guha umuriro w’amashanyarazi afite ingufu zihagije, abatuye mu midugudu 26 y’imirenge igize iyo mirenge itanu ihana imbibi n’igihugu cya Uganda aho ndetse kuva aho uyu mushinga watangiriye hari bamwe mu baturage batangiye kubona amashanyarazi.
Bahati Elias yamaze imyaka 20 atuye mu mudugudu wa Kangoma ho mu murenge wa Tabagwe nta muriro w’amashanyarazi afite, ariko mu mpera z’umwaka ushize wa 2022 yarawubonye.
We kimwe n’abatuye mu mudugudu wa Rwubuzizi mu murenge wa Karama bose bishimira kuba baramaze kugerwaho n’uyu muriro w’amashanyarazi.
Uretse kwishimira uyu muriro w’amashanyari ahanini kubera gucana mu ngo zabo, hari n’abatuye muri iyi midugudu biganjemo n’urubyiruko baguye ibitekerezo batangira gukora imishinga ibabyarira inyungu.
Umushinga wo kugeza umuriro muri iyi mirenge uzatwara Miliyari 6 na miliyoni 500 z’amafaranga y’ u Rwanda, ukaba ukubiye mu mishinga yiswe cross border projects.
Akarere ka Nyagatare ubusanzwe ubu kageze kugipimo cya 77% cy’abaturage bakoresha umuriro w’amashanyarazi harimo abafatiye ku muyoboro mugari n’abakoresha imirasirire y’izuba, ariko REG ikemeza ko uyu mushinga wo kugeza umuriro mu mirenge itanu ikora ku mupaka nurangira kimwe n’indi mishinga irimo gukorwa yose hamwe izasiga akarere kageze kukigero cya 85% mu kugira amashanyarazi mu gihe intego y’igihugu ari uko umwaka wa 2024 buri munyarwanda wese azaba yaragezweho n’umuriro w’amashanyarazi.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru