AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Yanditswe Jun, 05 2023 21:15 PM | 35,049 Views



Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo icyo ryubakiwe, ubu ririmo abacuruzi bane gusa nabo bavuga ko batabona abaguzi kuko nta rujya n'uruza rw'abantu rukiba muri iri soko.

Muri iri soko mpuzamipaka rya Cyanika hakoreramo ishami rya banki, ububiko bw’ibicuruzwa, Alimantation n’ibiro by’umwe mu miryango wigenga ukorera mu Karere ka Burera.

Ahandi hose hasigaye nta gikorerwamo, abarikoreramo bagaragaza ko imikorere yabo ikomwa mu nkokora no kubura abaguzi kubera impamvu basobanura.

Munyembaraga Jean de Dieu ukuriye Urugaga rw'abikorera mu Karere ka Burera, avuga ko ibyo bibazo bihari koko ariko bikaba byaragejejwe ku nzego zitandukanye bakaba bategereje igisubizo.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal yasobanuye impamvu hagifatwa igipimo cya Covid 19.

Iri soko mpuzamipaka rya Cyanika ryuzuye mu mpera z'umwaka wa 2018 rikaba rigizwe n'ibice 2 harimo iryubatswe ku mupaka ndetse n'isoko ry'amatungo ryubatswe mu Murenge wa Rugarama ryo rikaba rikora neza.

Aya masoko yose yuzuye atwaye agera hafi kuri Miliyari ebyiri z'amafaranga y'u Rwanda.


Ally Muhirwa



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage