Yanditswe Sep, 28 2022 16:26 PM | 64,809 Views
Abatuye Cabo Delgado barashima Ingabo z’u Rwanda zibavura
zibasanze mu bice batuyemo aho iyi gahunda imaze kugera ku barenga 2600
utabariyemo abavurirwa aho ingabo z’u Rwanda zifite ibitaro.
’’Twebwe turanezerewe cyane kubona Abanyarwanda baza kutuvura, turwaye indwara nyinshi zirimo za malaria. Ikindi imitima yacu yarahungabanye, bitewe no guhora twiruka, kumva urusaku rw’imbunda, gutinya kubagwa nk’inkoko. Rero tubonye nk’uku baza kutuvura turishima cyane, tunabasaba ngo bakomeze baduhoze amarira dufite.’’
Ibivugwa n’uyu mugabo George Said ni ukuri Malaria yari igiye kumara abatuye Cabo Delgado, nk’uko bigarukwaho na Major Dr. Jean Paul Shumbusho uyoboye ibikorwa by’ubuvuzi mu ngabo na Polisi by’u Rwanda mu ntara ya Cabo Delgado.
Abaturage babarirwa hagati ya 300 – 500 ni bo bari bitabiriye iyi gahunda yo gusanga abaturage mu bice batuyemo aha mu cyaro giherereye mu murenge wa Olumbi mu karere ka Palma.
N’ahandi ni ko bigenda, nka Olumbi, Mocimboa Da Plaia, Palma, Tshinda, Ewase aho ababarirwa mu 2600 bamaze kuvurirwa muri iyi gahunda icyakora umubare munini unasanga izi nzego z’umutekano z’u Rwanda aho zikorera maze zikavurwa.
Umuvugizi w'ingabo z'u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ibikorwa nk’ibi bikorerwa abaturage mu rwego rwo kubaha umutekano usesuye ku ngingo zose.
Paul RUTIKANGA
Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imbuto
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’amazi mu baturage
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n’ubwiyunge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubiramo
Oct 01, 2023
Soma inkuru