AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Itsinda ry’Abofisiye b’abanyeshuri mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nigeria batangiye urugendo shuri mu Rwanda

Yanditswe May, 09 2022 19:55 PM | 104,071 Views



Itsinda ry’abofisiye b’abanyeshuri mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nigeria bari mu Rwanda mu rugendo shuri, rikaba rigizwe n’abasirikare 42 bayobowe na Brig Gen Ibrahim Bindul.

Kuri uyu wa Mbere basuye Icyicaro gikuru cy’ingabo z’igihugu aho bahawe ikaze bagezwaho ikiganiro kibanze ku rugendo rwo kwiyubaka kw’ingabo z’u Rwanda.

Brig Gen Ibrahim Bindul yavuze ko aba basirikare bakuru bari mu bushakashatsi bwibanda ku mibereho n’iterambere, ndetse n’umutekano ku mugabane wa Afurika.

Aba ba Ofisiye baturutse muri Nigeria kuri uyu munsi bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ku rwibutso rwa Kigali hanyuma banasuye Ingoro y’Amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside.

 Mu gihe cy’icyumweru bazamara mu Rwanda, bazagezwaho imikorere y’imishinga itandukanye ifasha ingabo z’u Rwanda ku bijyanye n’imibereho myiza y’abasirikare harimo Zigama CSS, MMI n’Ibitaro bya Gisirikare ndetse bazasura n’izindi nzego za Leta.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage