AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

KICUKIRO: HASHYINGUWE IMIBIRI IBIHUMBI 84 Y'ABATUTSI BAZIZE JENOSIDE

Yanditswe May, 04 2019 13:49 PM | 7,044 Views



Mu karere ka Kicukiro ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro habereye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri 84,439 y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ni imibiri yabonetse mu guhera mu kwezi kwa 5 kw'umwaka ushize i Rusororo na Kabuga ahazwi nko mu Gahoromani mu cyobo cyitwa CND ndetse n'indi mibiri yabonetse mu karere ka Nyarugenge.


Ni umuhango witabiriwe n'abaturage batandukanye b'umujyi wa Kigali, abayobozi batandukanye. 

Mu bayobozi harimo Minisitiri w'Ubutabera akaba n'Intumwa Nkuru ya Leta Johnston Busingye.

Mu buhamya bwatanzwe n'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bari batuye i Kabuga ahavanywe imibiri y'abishwe  n'interahamwe bagaragaje ko bashengurwa no kuba hashize imyaka 25 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe ariko ababishe badatanga amakuru y'aho abo bishe bari.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage