AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Karongi: Hatangijwe imirimo yo kubaka uruganda ruzatunganya gaz yo mu Kivu

Yanditswe Aug, 18 2022 14:23 PM | 78,204 Views



Minisitiri w’Intebe, Dr Édouard Ngirente aratangaza ko mu myaka ibiri iri imbere, mu Rwanda hazaba hakoreshwa gaz yacukuwe mu Kiyaga cya Kivu.

Ibi arabishingira ku kuba hari uruganda rugiye kubakwa i Karongi ruzajya rucukura gaz methane iri mu kiyaga cya Kivu rukayibyazamo iyo gutekesha, iyo gukoresha mu binyabiziga no mu nganda.

Kuri uyu wa Kane ni bwo Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente yatangije ku mugaragaro imirimo yo kubaka uruganda ruzacukura gaz mu kiyaga cya Kivu, ubwo yashyiraga ibuye ry’ifatizo aho ruzubakwa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi.

Imirimo yo kurwubaka izakorwa na Company yitwa GASMETH.

Dr. Ngirente yatangaje ko uru ruganda nirwuzura, Abaturarwanda bazatangira gukoresha gaz ikorewe mu Rwanda.

Ibi ngo bizihutisha gahunda ya leta y’u Rwanda yo kugeza amashanyarazi ku ngo zose ndetse binagire uruhare mu kugabanya ikoreshwa ry’inkwi.

Gas izacukurwa mu kiyaga cya Kivu izaba ingana na meterokibe hafi miliyoni ku munsi, izajya yifashishwa mu guteka, inakoreshwe mu nganda ndetse no mu binyabiziga binini cyangwa ibitoya isimbure ibikomoka kuri peteroli.

Ni inkuru abaturage bishimiye kuko biteze igabanuka ry’ibiciro bya gaz byazamutse muri iki gihe, ndetse bakanayibona bibagoye.

Minisitiri w’ibikorwaremezo, Dr. Erneste Nsabimana atangaza ko gaz uru ruganda ruzatunganya nitangira gukoreshwa, u Rwanda rutazongera kugira ibibazo byo kuyitumiza hanze biruhenze.

GASMETH itangaza ko uru ruganda ruzuzura rutwaye amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyari 530.

Ni umushinga uzafasha guhanga imirimo 1000 kandi 80% by’abazayikora bakaba ari Abanyarwanda.

GASMETH izacukura iyo gaz mu gihe cy’imyaka 25, bigenze uko byifuzwa, mu mezi ane ya mbere ya 2024 gaz ya mbere izaba yageze ku isoko, aho 35% by’izacukurwa yose izakoreshwa mu ngo mu mirimo yo guteka.


Aphrodis MUHIRE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage