AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Kigali: Umuturage yafatanywe imifuka 12 y'urumogi

Yanditswe Mar, 31 2019 11:59 AM | 4,509 Views



Polisi y'u Rwanda irashima uruhare rw'abaturage mu gutanga amakuru y'ibyaha bishobora guhungabanya umutekano. 

Ibi byatangajwe ubwo polisi yagaragazaga umuturage wafatanywe imifuka 12 y'urumogi ukekwaho ku rugurisha mu Mujyi wa Kigali.

Ni umuturage wakoreraga mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kicukiro mu Mudugudu wa Rugero. 

Uyu mugabo ukekwaho gucuruza urumogi yafashwe mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatandatu, avuga ko aho yafatiwe yari asanzwe ahakorera akazi k'ubuzamu ariko atazi ibikorerwa mu nzu yarindaga.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Marie Goreti Umutesi avuga ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane abafatanyacyaha mu gucuruza uru rumogi. 

CIP Umutesi ashima uruhare rw'abaturage mu gutanga amakuru agamije kurwanya ibyaha.

Polisi y'u Rwanda yibutsa ko usibye kuba gucuruza urumogi ari icyaha gihanwa n'amategeko, ikoreshwa ry'ibiyobyabwenge ngo ni intandaro yo kwishora mu bindi byaha, akaba ariyo mpamvu abantu bagomba kubyirinda.


Inkuru ya John Patrick Kwizera



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage