Yanditswe Jun, 09 2020 10:19 AM | 29,690 Views
Uruganda rwo mu Bitaro bya Kirehe rufite imashini zakoraga umwuka ukoreshwa mu kuvura abarwayi rwarahagaze nyuma y’amezi ane rutangiye.
Izo mashini zari zageze mu Bitaro by’Akarere ka Kirehe muri Gashyantare 2019 ziza kugira ikibazo muri Kamena 2019, imwe mu mashini y’ingenzi iza gupfa.
Ibyo byatumye ibitaro kuri ubu birimo guhomba, aho byari byiteze kujya bizigama buri kwezi amafaranga yari asanzwe agura umwuka buri kwezi abarirwa hagati ya miliyoni 3 na miliyoni 4.
Ubuyobozi bw’ibi bitaro buvuga ko kuva uru ruhanga ruhagaze ibitaro byongeye kujya kugura umwuka.
Umuyobozi ushinzwe imari n’ubutegetsi muri ibi bitari , Ntakirimana Etienne avuga ko bagombaga kujya bagurisha uwo mwuka mu bindi bitaro na byo bikinjiriza ibitaro.
Avuga ko uruganda rwahagaze bamaze kugirana amasezerano n’Ibitaro bya Rwinkwavu yo kubagurisha umwuka .
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kirehe buvuga kandi ko ibikoresho byangiritse biturutse ngo ku ibura rya hato na hato ry’umuriro w’amashanyarazi atangwa na REG. Ibi byanatumye ubuyobozi bw’ibitaro bwandikira REG ku itariki ya 12 Ukuboza umwaka ushize.
Gusa ubuyobozi bwa REG bwo ntibwemera uruhare na ruto mu iyangirika ry’izo mashini. Mu ibaruwa bwandikiye ibitaro tariki ya 23 Ukuboza, bwabigaragarije ko isesengura ryakozwe n’abatekinisiye rigaragaza ko ikibazo atari umuriro wa REG ko ahubwo ibitaro bikwiye gukosora uburyo bw’imbere mu bitaro bukwirakwizamo umuriro, ko ari bwo bushobora kuba bwarabaye intandaro yo kwangirika k’uruganda.
Hagati aho ubuyobozi bw’ibitaro bya Kirehe buvuga ko hari ibikoresho byatumijwe hanze bigomba gusimbura ibyangiritse, uruganda rukongera rugakora.
Uruganda rwari rwari agaciro ka miliyoni 140 Frw, rufite ubushobozi bwo gutanga litiro 1750 z’umwuka ku munsi.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru