AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Kwibuka28: Meya Rubingisa yagaragaje ko ubu Abanyarwanda bafite ubuyobozi bushyize imbere ubumwe n'ubwiyunge

Yanditswe Apr, 22 2022 19:47 PM | 82,705 Views



Bamwe mubarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Muhima Mu mujyi wa Kigali, barashima ko nubwo ubuyobozi bw'Umujyi wa Kigali mu gihe cya Jenoside bwahisemo kwica Abatutsi, ubu bafite ubuyobozi bwita ku banyarwanda butarobanura. 

Nk'ahandi henshi mu gihugu, Abatutsi b'icyahoze ari komini Rugenge no mu nkengero zayo bahungiye mu kiliziya yitiriwe umuryango mutagatifu Saint Famille, gusa benshi barahaguye ariko abaharokokeye bifashishije amazina, bavuga ko bamwe mu bayoboraga Umujyi wa Kigali bagize uruhare rutazuguye mu iyicwa ryababo bahaguye.

Mukabyagaju Marie Grace waharokokeye yagize ati "Guhera kuri konseye Nyirabagenzi Odette ukagera kuri Angelina Mukandutiye wari ushinzwe amashuri, ukagera kur Renzaho wari Perefe w’Umujyi na Colonel Munyakazi abo bose nibo badutanze, nibo boherezaga Interahamwe ziza kudutera buri munsi ndetse bakaba bazi ngo kanaka ari hano mugende mu muzane mu mwice."

Bitega Joseph we yagize ati "Nk'urwandiko Perefe Renzaho yahaye Interahamwe zikaza gutwara abantu, rwatumye Interahamwe zisanzura zikajya ziza gufata abantu zishaka bakabica kandi bakaza igihe bashakiye."

Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yashimangiye ko ubu Abanyarwanda bafite ubuyobozi bwiza kandi bushyize imbere ubumwe n'ubwiyunge, ariko muri urwo rugendo ari ngombwa ko abiciwe babona ababo bakabashyingura mu cyubahiro kuko na n'ubu muri uyu mujyi hakigaragara imibiri henshi mu hagiye gushyirwa ibikorwaremezo kandi hari abagatanze amakuru mbere."

Yagize ati "Haracyarimo kwikinga kugira ngo abafite amakuru bakore ibishoboka byose bayatange rwose, aya mazina dufite hano ntageze ku gihumbi iyo duhuje n'imibare y'Abatutsi bashobora kuba bariciwe mu cyari Muhima na Rugenge bageze hafi ku bihumbi 45, bigaragara ko tugifite gushakisha imibiri myinshi."

Abatutsi biciwe Saint Famille benshi bari baturutse mu byahoze byitwa Segiteri Rugenge, Muhima ndetse na Gikondo n'ahandi, amazina agaruka cyane y'abari abayobozi mu Mujyi wa Kigali mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bagize uruhare mu iyicwa ry'abari bahahungiye, harimo Col. Renzaho Tharcisse wayobora Umujyi wa Kigali, Col. Munyakazi, uwari Konseye Nyirabagenzi Odette, Angelina Mukandutiye n’abandi.  


Fiston Felix Habineza




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage