Yanditswe Jan, 23 2024 15:06 PM | 12,090 Views
Perezida Kagame yemereye ubufasha abanyeshuri
b’Abanyarwanda bahoze biga muri Ukraine, bakaza guhunga intambara y’icyo gihugu
n’u Burusiya, kuri ubu bakaba biga muri Pologne.
Umukuru w’Igihugu yavuze ko Leta izafasha aba banyeshuri ubwo yakiraga ibitekerezo n’ibibazo by’abitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku wa Kabiri, tariki ya 23 Mutarama 2024.
Sine Denise wiga mu Mwaka wa Kane muri Kaminuza y’Ubuvuzi muri Pologne yashimye Leta yabagobotse ubwo Ukraine bigagamo yatangiraga kugabwaho ibitero n’u Burusiya ku wa 24 Gashyantare 2022.
Ati “Twanyuze mu bikomeye ariko inzego z’ubuyobozi bw’igihugu cyacu zatubaye hafi cyane cyane Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga na Ambasade y’u Rwanda muri Pologne. Baraduhumurije, baradusanganiye muri byose ndetse badufasha gusubira mu Rwanda.’’
Yavuze ko ubwo intambara yatangiraga yumvaga intego ye yo kuzaba umuganga irangiye ariko ubuyobozi bwiza bwatumye inzozi ze zikomeza kuba impamo, babasha gukomeza kwiga.
Ati “Turi abanyeshuri batandatu, bane tugeze mu mwaka wa kane mu bijyanye n’ubuvuzi, abandi bari mu mwaka wa kabiri. Turiga neza turatsinda. Ikibazo dufite ni uko amashuri hano ahenze cyane ku buryo akubye inshuro eshatu ayo twishyuraga muri Ukraine. Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, twabasaga inkunga cyangwa inguzanyo, uko yaba ingana kose yadufasha.’’
Mu gusubiza uyu munyeshuri, Perezida Kagame, yijeje aba banyeshuri ko Leta izabafasha kwiga.
Ati “Iby’abanyeshuri byo nta kibazo gikwiye kuba kiriho, Leta izabikemura nta kibazo.”
Umukuru w’Igihugu yasabye Minisitiri w’Intebe, Minisitiri w’Uburezi n’uw’Ubuzima gukemura icyo kibazo ntihazagire unanirwa amashuri kubera ko yabuze ubushobozi.
Pologne iri mu bihugu bisanzwe bibarizwamo Abanyarwanda benshi bahiga ndetse ibihugu byombi bifitanye imikoranire mu bijyanye n’inzego zirimo n’uburezi.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru